• Amakuru / MU-RWANDA


Ubushinjacyaha bw’u Rwanda ntibwanyuzwe n’icyemezo cy’urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rufite icyicaro i Nyanza, mu Majyepfo y'u Rwanda, rwakatiye Karasira Aimable Uzaramba uzwi nka Prof.Nigga igifungo cy’imyaka 5.

Karasira Aimable wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ndetse akanaba umuhanzi nyuma akaza no kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane YouTube, yarezwe ibyaha bitandukanye Ubushinjacyaha buvuga ko yabikoreye mu biganiro yagiye atangariza kuri YouTube.

Ibyaha yarezwe birimo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri, gukurura imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo atunze n’icyaha cy’iyezandonke.

Urukiko yaburaniragamo mu byaha byose yarezwe rwamuhamije icyaha kimwe gusa, cyo gukurura amacakubiri maze rumukatira igifungo cy'imyaka 5.

Kuri ubu amakuru yizewe BTN yamenye aremeza ko Ubushinjacyaha butanyuzwe n'icyemezo cy’urukiko maze bujuririra icyo cyemezo mu Rukiko rw’Ubujurire rufite icyicaro i Kigali.

Karasira Aimable yatangiye gukurikiranwa mu nkiko z'u Rwanda kuva mu mwaka wa 2021, yari asigaje igihe gito ngo afungurwe, aho yari kuzafungurwa muri Gicurasi 2025, bivuze ko mu gihe yarangiza igihano cy’imyaka itanu yakatiwe ataraburana ubujurire, yazabuburana adafunzwe.

Urubanza rwe rwaranzwe n’udushya twinshi turimo kwihana abacamanza, gusohoka mu cyumba kiburanisha urubanza ruri kuba, kwambara inkweto za boda boda zidasa, n’utundi nko kuburana afite ibitabo bya Bibiliya.

Icyo gihe yavugaga ko abiterwa n’uburwayi bwo mu mutwe amaranye imyaka irenga 20, ariko Ubushinjacyaha bwo ntibubyemere bukavuga ko nubwo afite uburwayi bwo mu mutwe butamubuza gutekereza neza, gusa mu minsi ye ya nyuma aburana yaranzwe n’ubwitonzi ndetse anaburana yibanda cyane ku kiburanwa yiregura ku byo yaregwaga byose.

Ubushinjacyaha bwasabaga ko ibyaha byose bumurega byamuhama agakatirwa igifungo cy'imyaka 30.

Urukiko rwo rwamukatiye imyaka 5 y'igifungo,  izakurwamo iyo amaze muri gereza, runategeka ko imitungo ye yose yari yarafatiriwe irekurwa gusa mu gihe agikurikiranwe n’ubushinjacyaha imitungo ye yose izakomeza gufatirwa.

Karasira Aimable aramutse agiriwe impuhwe, mu mafaranga ari kuri konti ye hashobora kujya havamo ay’abunganizi be mu mategeko nk’uko byakozwe aburana ku rwego rwa mbere, kugeza ubu aracyafungiwe mu igororero rya Nyarugenge, riherereye I Mageragere mu Mujyi wa Kigali.

Karasira Aimable yasoje kuburana ku rwego rwa mbere yunganiwe n'abanyamategeko babiri ari bo Me Bruce Bikotwa na Me Felecien Gashema.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments