• Amakuru / POLITIKI


Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinye amasezerano y’intego agamije gutegura amasezerano y’amahoro, hagamijwe gushyira iherezo ku mirwano yo mu Burasirazuba bw’igihugu.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono I Doha kuri uyu gatandatu taliki 15 ugushyingo 2025.

Umuhango wo gushyira umukono kuri aya mahame shingiro witabiriwe n’Umunyamabanga wa Qatar ushinzwe ububanyi n’amahanga, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi, n’umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos.

Mu mahame Kinshasa na AFC/M23 bashyizeho umukono, harimo iryo gusubizaho inzego za Leta na serivizi zayo mu burasirazuba bw’igihugu, bigakorwa mu byiciro kandi ku bufatanye bw’impande zombi.

Ihame rya kabiri rivuga ku bwumvikane bwa Leta ya RDC na AFC/M23 mu gufata ingamba z’umutekano z’agateganyo mu rwego rwo kubungabunga ituze ry’abaturage no kurinda abasivili.

Nyuma yo gusinya ariya mahame kandi impande zombi zigomba gushyiraho Komisiyo y’igihugu yigenga ishinzwe kwimakaza ukuri, ubwiyunge, gukurikirana ibyaha no gutegura uburyo bwo gusana ibyangiritse.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, nyuma y’uko ariya mahame yari amaze gushyirwaho umukono yasobanuye ko nta mpinduka zigomba kubaho ku bikomeje kubera ku butaka (mu burasirazuba bwa RDC), kugeza igihe hazasinyirwa amasezerano y’amahoro ya burundu.

Yagize ati: “Nta mpinduka zizabaho ku bijyanye n’ibibera ku butaka, kandi nta gikorwa na kimwe kizakorwa kugeza igihe amasezerano azaba yavugururiwe, yaganiriweho kandi haganiriwe kuri buri cyose ku giti cyacyo, kugeza habonetse umwanzuro wa nyuma w’amasezerano y’amahoro.”

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa yasoje ashimira Perezida Trump ndetse na Emir wa Qatar kubw'uruhare rwabo mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo aboneraho ko gusaba abaturage kwihangana kuko n'ubwo hari intambwe imaze guterwa ariko inzira ikiri ndende.  

Massad Boulos we yavuze ko ariya mahame yagezweho nyuma y’akazi gakomeye kamaze igihe gakorwa n’abafatanyabikorwa batandukanye, agaragaza ko kuba yagezweho ari amateka akomeye.

Uyu mujyanama wa Trump icyakora na we yagaragaje ko hari akazi kenshi kagikeneye gukorwa, ati: “Bizafata igihe ariko kitari kirekire”, mbere yo kwizeza ko umusaruro uzaba mwiza.

Amahame shingiro yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatandatu irakurikira amasezerano yo guhagarika imirwano no gushyiraho urwego rukurikirana iyubahirizwa ryayo n’ayo guhererekanya imfungwa AFC/M23 na RDC basinyanye mu byumweru bishize.

Biteganyijwe ko impande zombi zigomba gukomeza ibiganiro ku iyubahirizwa ry’ariya mahame, gusa byo bikazajya bibera muri kimwe mu bihugu bya Afurika, aho kuba muri Qatar yari imaze amezi umunani yakira ibiganiro byazihuzaga.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments