Umwarimu wo mu Karere ka Gatsibo wigishaga mu mashuri abanza, yasanzwe mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye.
Amakuru yamenyekanye
avuga ko umwarimu
witwa Justin Hakizimana wigishaga ku ishuri ribanza rya EAR yasanzwe mu mugozi
yapfuye.
Uwo mwarimu yigishaga
ku ishuri riherereye mu kagari ka Taba, mu murenge
wa Muhura mu karere ka Gatsibo.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara
y’iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yabwiye UMUSEKE ko mu gihe cya saa mbiri
za mu gitondo (08h00 a.m) Polisi yahawe amakuru ko hari umuntu
wikingiranye mu nzu.
Bahageze babaza uwari acumbikiye nyakwigendera,
ababwira ko ari umwarimu wari asanzwe abyuka akajya mu kazi, ariko noneho
bitabaye.
Polisi n’inzego z’ibanze na bo
bakomanze ntihagira ukingura,
bafata icyemezo urwo rugi ruricwa bageze mu nzu imbere basanga umwarimu amanitse mu mugozi yapfuye.
Abaturage batuye muri kariya gace bavuze ko nta mpamvu izwi yaba yatumye uriya mwarimu
w’imyaka 49 y’amavuko yiyahura, kuko taliki ya 30/11/2025 abantu bose yari
afitiye amadeni yarabishyuye.
Hari n’abandi ngo yabwiraga ameze
nk’ubasezera ariko mu marenga, adatobora ngo abivuge neza.
Umurambo we wajyanwe ku bitaro bya
Kiziguro ngo ukorerwe isuzuma iperereza rikaba rikomeje.
Polisi irasaba abaturage niba hari ibyo bafite by’ibibazo, ko igisubizo atari ukwiyahura ahubwo bajya begera ubuyobozi bakabagira inama.