Ihuriro rya AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryatangaje ko ribabajwe n’uko umuryango mpuzamahanga ukomeje guceceka ku bwicanyi rivuga ko bukorerwa abasivili mu bice bya Minembwe, Mikenge na Karingi, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Mu
itangazo ryasohowe ku wa 19 Gashyantare 2026, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya
Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko hakomeje kuba ubwicanyi bukorerwa
abaturage, ashinja ubutegetsi bwa Kinshasa kubugiramo uruhare. Yavuze ko ibi
bikorwa byibasira cyane abasivili badafite kirengera kandi ko bikomeje kuba
umunsi ku wundi.
AFC/M23
ivuga ko ibikorwa by’ihohoterwa bikorwa n’ingabo za FARDC, FNDB, umutwe wa
Wazalendo, FDLR ndetse n’abacancuro b’abanyamahanga, kandi ko ibyo byangiza
icyizere cy’abaturage ku nzira y’amahoro no gukemura ibibazo binyuze mu
biganiro.
Iri
huriro rivuga ko ibyaha bikorerwa abagore, abana n’abageze mu zabukuru ari
ukurenga ku mategeko mpuzamahanga arengera abasivili mu gihe cy’intambara,
kandi ko bidakwiye kwihanganirwa. Rivuga kandi ko guceceka kw’amahanga
bishobora kuzagira ingaruka zikomeye mu mateka.
AFC/M23
ishimangira ko ibi bikorwa binyuranyije n’amasezerano y’amahoro ya Doha n’ay’i
Washington, igashinja ubutegetsi bwa RDC gukomeza guhitamo inzira y’intambara
aho gushakira ibisubizo mu biganiro.
Iri
huriro rirasaba Abanyekongo, ibihugu byo mu karere ndetse n’umuryango
mpuzamahanga kugira icyo bakora mu maguru mashya kugira ngo hahagarikwe
ihohoterwa no kurengera abasivili.
AFC/M23 itangaje ibi mu gihe mu minsi ishize hatangajwe amakuru avuga ko kuva ku itariki ya 16 Mutarama 2026 kugeza ku ya 08 Gashyantare 2026, mu Minembwe Abanyamurenge barenga 100 bishwe mu gihe abandi barenga 350 bakomeretse, inzu zabo zirasenywa, amavuriro, amashuri n’ibindi.
Like This Post? Related Posts