• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu ruzinduko rw’akazi ari kugirira mu Burusiya, Perezida w’inzibacyuho wa Madagascar, Michael Randrianirina, yagiranye ibiganiro ku wa Kane na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Poutine. Ni ibiganiro byari bigamije kurushaho gushimangira umubano hagati ya Moscou na Antananarivo.

Perezida w’u Burusiya yagaragaje ko Madagascar ari “umufatanyabikorwa ukomeye” ku mugabane wa Afurika. Mu biganiro byabereye mu cyumba kizwi nka salon vert muri Kremlin, Vladimir Poutine yagarutse ku bufatanye buri hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Yagize ati: “Dufitanye imikoranire myinshi kandi ishimishije mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro, ingufu, ubuvuzi, uburezi. Urubyiruko rwanyu rwiga mu mashuri makuru yo mu Burusiya, kandi benshi barangije bafite impamyabumenyi nziza.

Twiteguye guteza imbere umubano mu rwego rw’ubutabazi n’imibanire y’abaturage, ndetse no gukorana namwe ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu Muryango w’Abibumbye.”

Ubufatanye mu bya gisirikare nabwo buri mu byo ibihugu byombi byaganiriyeho. Mu kwezi kwa Mutarama gushize, abarimu ba gisirikare b’Abarusiya bageze ku kirwa cya Madagascar guhugura abasirikare bacyo ku ikoreshwa ry’intwaro zagejejweho mu kwezi kwa Ukuboza, zirimo na drones.

Uru ruzinduko ruje nyuma y’inkubi y’umuyaga ya Cyclone Gezani yahitanye abantu 62 nk’uko imibare mishya yatangajwe ku wa Kane ibigaragaza. Vladimir Poutine yihanganishije mugenzi we wa Madagascar ku bw’iyo mpanuka.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments