• Amakuru /

Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo cyataye muri yombi  Chatunga Bellarmine Mugabe, umuhungu muto w’uwahoze  ayobora Zimbabwe, Robert Mugabe, nyuma y’uko habaye gutera akaduruvayo mu rugo rwo mu gace gatuyemo  abakire muri Johannesburg.

Nk’uko ubuyobozi bw’igipolisi bubivuga, umusore w’imyaka 23, wakoraga nk’ushinzwe ubusitani, yakomeretse n’isasu  ubu akaba ari mu bitaro. Igipolisi cyasobanuye ko iki gikorwa ari igerageza ryo kwica  kandi cyatangiye  iperereza rymbitse kugira  rimenye  imbunda yakoreshejwe

Polisi  yakomeje  ivuga  ko kugeza  ubu abantu babiri bafashwe mu rwego rwo kubazwa, mu gihe abashinzwe iperereza bakomeza kugenzura neza ibisobanuro by’iki gikorwa.

Nubwo igipolisi kidatangaza ku mugaragaro ko Bellarmine Mugabe ari mu bafashwe, yamaze kugaragara afunzwe nkuko abanyamakuru bo muri icyo  gihugu babitangaje .

Bellarmine Mugabe ni umuhungu wa Robert Mugabe n’umugore we wa kabiri, Grace Mugabe. Robert Mugabe yayoboye Zimbabwe imyaka 37 mbere yo kuva ku butegetsi mu 2017, kandi yitabye Imana mu 2019.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments