• Amakuru / MU-RWANDA


Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT) yahakanye amakuru yari amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko urubuga rwa TikTok rwamaze gufungura uburyo bwo kwinjiza amafaranga (monétisation) ku barukoresha bari mu Rwanda.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, MINICT yatangaje ko ayo makuru ari ibihuha, inagaragaza ifoto yari imaze iminsi izenguruka igaragaza ko TikTok yemereye Abanyarwanda kwinjiza amafaranga.

Iki kibazo giherutse no kugarukwaho mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, aho umuhanzi Bruce Melodie yagaragarije Perezida Paul Kagame ko urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga rubangamiwe no kuba zitababyarira inyungu nk’uko bimeze mu bindi bihugu.

Perezida Kagame yahise abaza icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda babashe kwinjiza amafaranga ku mbuga nkoranyambaga badasabye kwiyandikisha mu bindi bihugu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Paula Ingabire, yasobanuye ko kugira ngo igihugu cyemererwe gahunda ya monétisation hari ibisabwa bitatu by’ingenzi.

Yagaragaje ko mu byo u Rwanda rutari rwujuje harimo umubare w’abashoramari bamamaza ku mbuga nkoranyambaga. Nk’uko yabivuze, bisaba ko nibura haboneka abamamaza batanga hagati ya miliyoni 1$ na miliyoni 1,5$ buri kwezi.

Ati: “Ni ukubifata twese nk’umukoro. Ibigo bikumva ko imbuga nkoranyambaga na zo ari ahantu heza ho kwamamariza, bikagirira akamaro abazikoresha. Dukeneye gukora ubukangurambaga bwimbitse.”

Minisitiri Ingabire yavuze ko ibindi bisabwa byaganiriweho n’ubuyobozi bw’imbuga nkoranyambaga, bityo ko igisigaye ari ukuzamura ishoramari ryamamaza.

Ibi bivuze ko nubwo TikTok itarafungura monétisation ku Banyarwanda, hari ibiganiro bikomeje, kandi igihe ibisabwa byuzuye, bishobora gutuma urubyiruko rutangira kubona inyungu binyuze ku mbuga nkoranyambaga.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments