• Amakuru / MU-RWANDA

Ku munsi wa gatatu w’uruzinduko rw’akazi mu Central African Republic, intumwa za Rwanda Defence Force (RDF) ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Vincent Nyakarundi, zagiranye ibiganiro na Zéphirin Mamadou, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Central African Armed Forces.

Ibi biganiro byabereye i Bangui byibanze ku gukomeza gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda na Centrafrica mu rwego rwa gisirikare n’umutekano, ndetse no gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare ibihugu byombi byagiranye mu 2019 rigeze.

U Rwanda na Centrafrica bisanzwe bifitanye umubano ukomeye mu bya gisirikare n’umutekano, cyane cyane nyuma y’uko RDF yohereje ingabo n’abapolisi muri iki gihugu mu rwego rwo gufasha kugarura amahoro no guhangana n’imitwe yitwaje intwaro yari yarazengereje igihugu.

Mu biganiro byahuje aba bayobozi bombi, hibanzwe ku buryo bwo gukomeza guteza imbere amahugurwa ahabwa abasirikare, gusangira ubunararibonye mu bikorwa bya gisirikare, ndetse no kongera ubushobozi bw’ingabo za Centrafrica mu guhangana n’ibibazo by’umutekano.

Vincent Nyakarundi yashimangiye ko u Rwanda rukomeje gushyigikira Centrafrica mu rugendo rwo kubungabunga amahoro n’umutekano, anagaragaza ko ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi bukomeje gutanga umusaruro mu kurwanya ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro no gusubiza icyizere abaturage.

Ku ruhande rwa Centrafrica, Zéphirin Mamadou yashimye uruhare rwa RDF mu kugarura ituze muri Centrafrique, avuga ko ubufatanye bw’u Rwanda n’iki gihugu bwagize uruhare rukomeye mu kongera ubushobozi bw’ingabo za FACA no kuzamura umutekano mu bice byinshi by’igihugu.

Aya masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono mu 2019 yibanda ku nzego zitandukanye zirimo amahugurwa ya gisirikare, ibikorwa byo kurwanya iterabwoba, kurinda abaturage ndetse no gusangira amakuru mu bya gisirikare.

Mu myaka ishize, ingabo z’u Rwanda zakomeje kugira uruhare rugaragara muri Centrafrique binyuze mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro, MINUSCA, ndetse no mu bufatanye bwihariye hagati y’ibihugu byombi. Uru ruhare rwatumye u Rwanda rushimwa n’inzego mpuzamahanga kubera umusanzu warwo mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu cyo muri Afurika yo hagati.

Impande zombi zasoje ibiganiro byazo zigaragaza ubushake bwo gukomeza guteza imbere umubano n’ubufatanye mu bya gisirikare no gukorera hamwe mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu karere.





 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments