Mu gikorwa
gikomeye cyo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, itsinda rya nyuma ry’inkura
z’umweru z’ingore (White Rhinos) ziri mu kaga ko gucika ku isi ryagejejwe muri
Zinave National Park, mu rwego rw’umushinga mpuzabihugu ugamije kongera umubare
w’izi nyamaswa no kuzisigasira.
Iri yimurwa
ni igice cy’umushinga munini wo gusubiza inkura z’umweru mu bice byazo
by’umwimerere no kubaka umuryango mushya ushobora kororoka neza mu gihe kiri
imbere. Abashinzwe kubungabunga ibidukikije bavuga ko iki gikorwa ari intambwe
ikomeye mu rugamba rwo kurengera imwe mu nyamaswa zugarijwe cyane n’ubuhigi
butemewe n’amategeko.
Inkura
z’umweru ni zimwe mu nyamaswa nini zo ku butaka muri Afurika, ariko imyaka
myinshi y’ubuhigi bukorwa hagamijwe amahembe yazo yatumye umubare wazo
ugabanuka cyane. Ibihugu byinshi byo muri Afurika byatangiye gahunda zo
kuzirinda no kuzongera mu bice zari zaracitsemo.
Abayobozi
b’umushinga bavuga ko kwimurira izi nkura muri Zinave byakozwe nyuma
y’ubushakashatsi bwagaragaje ko iyi pariki ifite ibyangombwa byose bikenewe
kugira ngo zibeho neza, harimo umutekano uhagije, ubwatsi, amazi n’uburyo bwo
kuzirinda abahigi.
Iri yimurwa
ryakozwe ku bufatanye bw’inzego zishinzwe kubungabunga ibidukikije, bwa
guverinoma n’imiryango mpuzamahanga iharanira kurengera inyamaswa zo mu gasozi.
Intego nyamukuru ni ugukora umuryango mugari ‘inkura ushobora kwiyongera mu
buryo karemano no gufasha kugarura ubwoko bwazo mu karere.
Abahanga mu
by’ibidukikije bavuga ko kuba ingore nyinshi zimuriwe muri aka gace bizongera
amahirwe yo kororoka no kubyara ibyana byinshi mu myaka iri imbere, bityo
bikagabanya ibyago byo gucika kw’ubu bwoko.
Uretse
kurengera inkura ubwazo, uyu mushinga unitezweho guteza imbere ubukerarugendo
bushingiye ku nyamaswa zo mu gasozi, kongera amafaranga yinjira mu baturage
baturiye pariki no gushimangira ibikorwa byo kubungabunga urusobe
rw’ibinyabuzima muri Afurika y’Amajyepfo.
Abashinzwe
uyu mushinga bavuga ko kwimurwa kw’itsinda rya nyuma ry’inkura z’ingore ari
intsinzi ikomeye, ariko ko hakiri akazi kenshi ko gukomeza kuzirinda ubuhigi
butemewe n’amategeko no kubungabunga aho zituye kugira ngo zibashe kororoka no
kubaho igihe kirekire.