Rwamagana: Barashinja ubuyobozi kurekura abajura babacucura aho kubahana

Yanditswe na: NIYONSENGA Schadrack 2025-07-09 13:54:30 Amakuru

Abatuye mu murenge wa Mwulire mu karere ka Rwamagana baravuga ko babangamiwe n’ubujura bukomeje gufata intera muri aka gace bakemeza ko butizwa umurindi no kuba n’ababufatirwamo badahanwa ahubwo bakarekurwa bakagaruka.

Aba baturage bavuga ko ubu bujura ahanini bwibasira ibintu byo mu ngo, imyaka mu mirima ndetse n’amatungo yabo aho ngo kuri ubu nta muntu ucyorora kuko ngo amatungo magufi n’amaremare abajura bahita bayiba, ibintu aba baturage bavuga ko bibateza ubukene cyane ko ayo matungo ari yo bikenuza mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Hari uwagize ati “umuntu araza agaca igitoki akakijyana, akakwinjirira mu nzu agatwara imyaka, yasanga iryo tungo akaritwara. Nta kintu asiga.”

Undi ati “Ubujura burahari cyane kuko no ku manywa bariba, hari igihe bajya mu nzu bakiba bagasahura ibintu bakamaramo. “

Ku bujura bw’amatungo nabwo “Korora ingurube ntabwo tukizorora, bajya mu kiraro bakazibaga, wabajyana kuri polisi bakongera bakagaruka n’ubundi. Abayobozi babidufashemo kuko iyo bamujyanye kuri polisi ukabona aragarutse nawe urababara.”

Aba baturage bagasaba ko umujura ufashwe adakwiye kujya arekurwa kuko bemeza ko ari byo bitiza umurindi iki kibazo.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’umurenge wa Mwulire bwo buvuga ko iki kibazo butari bukizi icyakora bukemeza ko hari ingamba zisanzweho mu rwego rwo guhangana n’ubujura.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Mwulire, Zamu Daniel yagize ati “Iki kibazo ntabwo twari tukizi ariko ingamba zirahari kuko taliki ya 01 Kanama 2025 hazatangizwa irondo ry’abantu benshi aho mu mudugudu nibura ryaba rigizwe n’abantu cumi na babiri (12), ikindi ni uko abaturage bakomeza gutanga amakuru abo bakekaho kwiba tubafate tubakurikirane kandi tubigishe.”

Ikibazo cy’ubujura ni kimwe mu bikunze kugarukwaho nka kimwe mu bibangamira abaturage hirya no hino mu gihugu aho akenshi bemeza ko ubujura buri mu bikwiye guhagurukirwa hakanakazwa ibihano kuri iki kibazo.

Kugeza ubu Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cy’ubujura ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni 2 Frw.


Related Post