Mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo haravugwa inkuru y’akababaro yatewe n’impanuka y’ikirombe cyagwiriye abasore batatu bari bagiye gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.
Ni impanuka
yabaye ku wa 10 Nyakanga 2025 ibera mu kirombe gisanzwe gicukurwamo amabuye yo
mu bwoko bwa Gasegereti, abahatuye babwiye televiziyo ya BPLUS ko babiri bahise
bahasiga ubuzima mu gihe undi umwe we ikirombe cyamugwiriye ku gice cyo hasi n’ubwo
ngo nawe cyamushegeshe cyane.
Bagaruka ku
buryo bamenyemo aya makuru hari uwagize ati “Njyewe nabimenye mu gitondo ko abo
basore igitengu cyabakubise, tuza kumenya ko harimo abo mu miryango yacu”
Undi we
yagize ati “Nabimenye ko hari abantu ikirombe cyagwiriye maze mpita mpamagara
iwabo barambwira ngo bagiye saa kumi n’imwe za mugitondo.”
Aba baturage
bakomeza bavuga ko ahanini ikibatera kwishora muri ubu bucukuzi butemewe ari
uko iyo basabye akazi mu buryo bwemewe kampani ihacukurisha ngo itakabaha bose
nyamara ngo baba bashaka imibereho n’ubwo banahamya ko babizi ko bitemewe n’amategeko.
BYINSHI KURI IYI NKURU WABIREBA MURI VIDEO IKURIKIRA