Ngoma: Muragijimana yishwe n’inkoni yakubitiwe aho yibye ihene n’inkoko

Yanditswe na: NIYONSENGA Schadrack 2025-07-11 10:59:09 Amakuru

Umusore witwa Muragijimana Francois yagiye kwiba ihene n’inkoko mu rugo rwo mu murenge wa Jarama, akagali ka Kigoma mu mudugudu wa Vunga ho mu karere ka Ngoma nk’uko byemezwa n’ababonye umurambo we mu rukerera rwo ku wa 10 Nyakanga 2025.

Nk’uko bisobanurwa n’abaturage ngo uriya Muragijimana yagiye mu rugo rw’umuturage yibamo ihene n’inkoko arangije ajya kubibagira mu kinani, ba nyiri urugo babyukijwe n’imbwa yabo yamotse bajya kureba basanga aho ayo matungo yararaga hafunguye ndetse n’amatungo atakirimo.

Umumama n’umuhungu we bari babanje no gukingirana ngo ni bwo bafashe icyemezo cyo gutabaza abaturanyi ari na ko bashakisha ayo matungo yabo birangira basanze uriya nyakwigendera ayafite yamaze no kuyazirika iminwa yiteguye kuyabagira mu gisambu bahita batangira kumukubita.

Umwe ati “ Bamukubise ijoro ryose, uko bigaragara izo nkoni zaba ari zo zamwishe.”

Bashimangira ko uriya mujura yari ari kumwe na mugenzi we ariko ko we yirukanse akabacika. Abaganiriye na Bplus bakemeza ko ikibazo cy’ubujura muri aka gace batuyemo gikomeje gufata intera ku buryo nabo bagize umujura bafata bamwica, “Nanjye namwica mubonye, banyibye ibintu byose n’imyenda y’abana n’ingobyi. Mubonye nanjye namwica ni uko baba baturusha imbaraga.”

Aba baturage bashimangira ko indi mpamvu ituma bumva bakwihanira aba bajura ngo “Iyo bafashwe bakabajyana buracya bakabarekura bakagaruka.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Jarama nabwo bwahamirije kiriya gitangazamakuru ko koko uwo musore yapfuye ndetse ko yari yafatiwe aho yari yagiye kwiba.

Mu mategeko y’u Rwanda birabujijwe kwihanira. Icyemewe ni uko iyo ufashe umuntu uri kugukorera ibyaha umushyikiriza inzego z’ubuyobozi, iz’umutekano cyangwa iz’ubutabera akaba ari zo zimuhana hakurikijwe amategeko.

REBA INKURU IRAMBUYE MURI VIDEO IKURIKIRA


Related Post