• Amakuru / MU-RWANDA


Hari urujijo ku cyateye Umukecuru bivugwa ko yari umunyamasengesho n’umuhanuzi kwica urwagashinyaguro umwana w’umuturanyi aho ngo yamuhondaguye isuka mu mutwe mu misaya yombi no mu gahanga akamwica avuga ko ari imbaraga zibimuteye.

Yamwishe ku cyumweru cyashize tariki ya 28 Nzeri 2025 ahagana saa munani z’amanywa.

Uwishe n’uwiciwe bari abaturanyi b’inzu ku yindi mu mudugudu wa Gakurazo, mu kagali ka Musenyi mu murenge wa Musenyi ho mu karere ka Bugesera.

Umwana wishwe yitwa Cyusa Alphonse, yari afite imyaka ine y’amavuko, ni uwa Karabayinga Bugesera na Uwimana Adeline. Naho uriya wamwishe we yitwa Nyiransengimana Berthlide, abaturage bakemeza ko yabikoresheje isuka ndetse ko yanayifatanwe iriho n’amaraso menshi.

Ntihasobanurwa icyo yaba yaramwiciye icyakora ngo mbere yo kubikora hari abavuga ko yavuze ngo “Ni imbaraga zibimuteye agahita abikora.

Abaturage bamuzi bakemeza ko ngo ari umunyamasengesho cyane ku buryo ngo yanahoranye icyumba iwe mu rugo cyanitabirwaga cyane.

Ni amakuru yanashimangiwe n’umuyobozi w’umudugudu wa Gakurazo, Nkurunziza Emmanuel nawe wemeje ko ubu bwicanyi bwabatunguye ndetse ko uyu wabikoze yahise atabwa muri yimbi kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Nyamata.

Uretse uriya muyobozi w’umudugudu nta wundi muyobozi wigeze agira icyo adutangariza kuri iyi nkuru kuko yaba umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Uburasirazuba ndetse n’ubuyobozi mu nzego zindi z’ibanze ntabwo twabashije kubabona kuri telefone zabo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments