• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame agiye gutanga ipeti rya Sous Lietenant ku basirikare basaga 1000 basoje amasomo ya gisirikare mu mashuri atandukanye by’umwihariko mu ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda riherereye i Gako mu karere ka Bugesera.

Muri aba basirikare bagiye guhabwa iri peti harimo kandi umuhererezi wa Perezida Kagame, Bryan Kagame wasoje amasomo ya gisirikare mu Ukuboza 2024 mu ishuri rya Sandhurst Military Academy mu gihugu cy’Ubwongereza.

Abasirikare bagiye gusoza amasomo barimo abize muri kaminuza y'urwanda mu ishuri rya Gako bagera kuri 987 n'abandi 42 bigiye mu bihugu by'amahanga aho bize mu mashami  atandukanye arimo kuyobora ingabo, ubuzima, kubungabunga amahoro, ububanyi n'amahaga, Ikoranabuhanga n’ibindi.

Muri aba bagiye gusoza barimo abanyarwanda ndetse n'abayamahanga baturuka mu bihugu birimo, Uganda, Sudan, centre Africa. Barimo abize imyaka ine ndetse harimo kandi abari basanzwe ari abasirikare bakoze ikosi mu gihe cy'umwaka umwe.

Brian Kagame asanze mu gisirikare cy’u Rwanda abarimo mukuru Ian Kagame we kuri ubu ubarizwa mu ngabo mu mutwe urinda abayobozi bakuru b’Igihugu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments