• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yasabye abofisiye bashya binjiye mu gisirikare gukomeza kurinda umutekano w’igihugu neza bakakirinda abanzi bacyo bifuza kuba bakivogera.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Ukwakira 2025, ubwo yatangaga ipeti rya Sous-Lieutenant ku basirikare 1029 bashya mu Ngabo z’u Rwanda, barimo abakobwa 117 aho yanabasabye no kwirinda imico mibi irimo ubusinzi no kunywa ibiyobyabwenge, anabibutsa ko ahazaza h’u Rwanda hari mu biganza byabo.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano nyamukuru zitegereje abo basirikare ari ukurinda igihugu kuko u Rwanda rwifuza amahoro.

Yagize ati: "Turifuza ko mwarinda u Rwanda n’abarutuye. Abanyarwanda ni miliyoni zirenga 14 ubu ariko n’iyo baba miliyoni imwe, ebyiri, cyangwa eshatu, inshingano mufite ni ukugira ngo igihugu kigire umutekano uhagije, kibe kitavogerwa n’abatagikunda n’abatagishaka. Turashaka amahoro. U Rwanda rukeneye amahoro."

Perezida Kagame yakomeje avuga ko nta n’umwe ukwiriye kumva ko u Rwanda rwageze aho rushaka kugana, ahubwo ko inzira ikiri ndende, bityo ko ubushake n’imbaraga bigikenewe.

Yagize ati:"Ingabo z’igihugu cy’u Rwanda zagize uruhare mu kubaka igihugu, mu kugiteza imbere, kugeza n’uyu munsi mwinjiye muri uyu mwuga ni cyo igihugu kibatezeho n’ibihe biri imbere umuntu wese igihugu kimutezeho ibyo ngibyo."

Yashimangiye ko igihugu gikomeye gifite umusingi gihagazeho kigomba kuba gifite umutekano, kikawushingiraho mu gutera imbere.

Ati: "Kwinjira muri RDF bibaha ubushobozi bubafasha gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda no kubungabunga amahoro, adakwiye kugarukira mu Rwanda gusa ariko ndetse n’umusanzu wacu waba ukenewe tukaba twabigeza no ku bandi dufatanya mu bikorwa byinshi. Hirya no hino ku Isi aho ari ho hose."

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye abo basirikare kuzirikana ko kuzuza inshingano zo gukorera Abanyarwanda ari wo murimo w’ibanze ndetse ko ahazaza h’igihugu hari mu biganza byabo.

Yagize ati:"Mugende muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ari wo murimo wanyu wa mbere w’ibanze. Iyo mukorera Abanyarwanda ari bo muvukamo muba mwikorera na mwe. Bigomba kugaragarira mu musaruro mutanga, mu myitwarire yanyu, no mu mahitamo yanyu igihe nta n’umwe ubareba.

Ahazaza h’u Rwanda hari mu biganza byanyu, mu maboko yanyu. Ubushobozi mufite bugaragara muzabukoreshe uko bikwiye, tubatezeho byinshi ariko mujye muhera no kwitwara neza, mwifate neza, murinde ubuzima bwanyu, mugire n’uruhare ku bireba abanyu."

Abasirikare bashya kandi basabwe kwirinda imico mibi rimo ubusinzi, kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi byatuma batuzuza inshingano z’ibategereje uko bikwiye.

Perezida Kagame ati:"Ntabwo twakwifuza ko ibi byose mumaze kugeraho byaba impfabusa umunsi umwe kubera ko warushijwe imbaraga n’imico mibi yo gusinda, ibiyobyabwenge n’indi idakwiriye mu bantu. Byaba ko byaturutse hano iwanyu, cyangwa byaturutse n’ahandi ntabwo ari imico yo kwiga."

Ibirori byo gusoza ayo masomo kuri aba basirikare byahujwe no kwizihiza kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 iri shuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako rimaze ritanga amasomo yo ku rwego rw’abofisiye bato.

Perezida Kagame agenzuraga ingabo mbere y'uko zitangira akarasisi

Brian Kagame, bucura bwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ari mu bofisiye bato bagiye kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments