• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda yazamuye mu ntera abasirikare 632 bakurwa ku ipeti rya Second Lieutenant bagirwa ba Lieutenant.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa 04 Ukwakira 2025.

Iri zamurwa mu ntera ku ba Second Lieutenant ribaye nyuma y’umunsi umwe gusa ingabo z’u Rwanda zungutse abandi basirikare bari Second Lieutenant 1029 mu muhango wabereye mu ishuru rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda riherereye i Gako mu karere ka Bugesera.

Itangazo rya RDF riti “Iri zamurwa mu ntera rigomba guhita rishyirwa mu bikorwa.”

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments