• Amakuru / MU-RWANDA


Umwana uri mu kigero cy’imyaka 17 wari ucumbitse mu mudugudu wa Gakamba, akagali ka Rukora mu murenge wa Mayange ho mu karere ka Bugesera birakekwa ko yamaze gupfa nyuma yo gukubitwa mu mutwe igiti gishinzemo umusumari.

Umugabo nawe wo mu karere ka Bugesera warindaga ahari kubakwa inzu ni we ukekwaho iki cyaha ndetse yanamaze gutabwa muri yombi. Abaturage bakemeza ko yari asanzwe ari igihazi n’ubwo bwose ngo yakoreraga umuyobozi w’umudugudu.

Uwishwe yitwa Rutayisire, yabanaga na Mushiki we ndetse na murumuna we, yari mu kigero cy’imyaka 17 y’amavuko

Abatuye hariya byabereye bavuze ko ku wa 07 Ukwakira 2025 uriya mwana yari yazindutse agiye gushaka inkwi we n’abandi bana b’urungano bajya kureba ko babona ibisigazwa by’ibiti ahari ishansiye yubakwaho inzu akaba ari naho uriya wamukubise yakoraga akazi k’uburinzi, uyu rero ngo akibabona yarabirukankanye baramusiga ariko afata umwe ari we nyakwigendera maze atangira kumuhondaguza kimwe mu biti biri aho anamukubita umusumari.

Icyo giti gishinzemo umusumari yamukubise ahantu hose harimo no mu mutwe ni cyo cyamuteye uruguma rwamuviriyemo urupfu nk’uko byemezwa na bamwe mu babibonye.

Umwe mu baganiriye na BTN TV yagize ati “ Bari abana batatu, afashe uyu abandi baramucika ahita afata igiti kirimo umusumari aramuhondagura, ni ubugome bw’indengakamere. Biteye ubwoba cyane, ntabwo ikiremwa muntu cyakagize mugenzi we gutya.”

Naho undi we yunzemo ati “Yafashe igiti kirimo umusumari akimukubita mu mutwe no mu gutwi ku bruryo n’umusumari kuwukuramo babaye nk’abawukurura. Inaha hari kamere mbi mu bakiri bato.”

Hari n’uwavuze ngo “ Niba yabonaga ari kumukorera amakosa yari kumufata akamushyira ubuyobozi ariko ntabwo yari kumukubita bigeze hariya.”

Nta rwego rw’ubuyobozi na rumwe rwabonetse ngo rugire icyo ruvuga kuri iyi nkuru.

Kugeza ubu amakuru ahari ni uko uriya musore wakubiswe yagejejwe kwa muganga akaba ari ho apfira mu gihe ukekwaho uruhare mu rupfu rwe we yahise atabwa muri yombi ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Nyamata.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments