• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ko mu kwezi gutaha ikigo cya Leta cyitwa Ecofleet Solutions Ltd, kitazangira imirimo yo gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali hagamijwe kunoza uburyo byakorwagamo.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RURA, Rugigana Evariste, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 08 Ukwakira 2025, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena.

Rugigana yabajijwe n’Abasenateri ikiri gukorwa kugira ngo hagabanywe moto zikomeje kwiyongera mu Mujyi wa Kigali kandi zidatanga igisubizo kirambye mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange.

Imibare igaragaza ko kugeza ubu u Rwanda rufite moto 56.452 zikoreshwa mu bwikorezi rusange.

Rugigana yavuze ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubwiyongere bwa moto n’ibinyabiziga by’abantu ku giti cyabo, hashyizweho ikigo cya Leta cyitwa Ecofleet Solutions Ltd, kigamije gufasha mu kunoza ubwikorezi rusange.

Yagize ati:"Hari ingamba zo kunoza ubwikorezi rusange bwa bisi, zigendera ku gihe, niba ugeze ku muhanda ukajya ku kazi. Ntabwo ari moto yonyine, n’imodoka ntoya zagiye zizamuka. Uzarebe iyo turi muri cya gihe cy’umuvundo w’ibinyabiziga uzasanga imodoka 50 zigenda harimo umuntu umwe buri modoka. Tugomba kurushaho kunoza umwuga w’ubwikorezi rusange kugira ngo tugabanye moto n’izindi modoka tugira umutekano mu muhanda. By’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, hagiyeho ikigo cyitwa Ecofleet kugira ngo kijye mu bwikorezi rusange gikore nk’ikigo cya Leta."

Yakomeje ashimangira ko kuri ubu ubwikorezi rusange bukorwa n’abikorera kandi nabo baba bashaka inyungu, bityo ko ikigo cya Leta cyafasha mu kunoza uburyo bwo gutwara abantu muri rusange.

Yagize ati: "Ubu ubwikorezi rusange bwakorwaga nka serivisi itangwa n’abikorera kandi bo bareba inyungu. Niba aparitse muri gare ntabwo ari busohoke bisi itaruzura. Ubwo aho ni ho hari ugukemura cya kibazo cyo kuba hari abantu batinda guhaguruka bicaye muri bisi. We agomba kwishyura inguzanyo muri banki ntabwo dushaka kumurenganya. Ni ukuvuga ngo aricara niba yabuze abantu araparika."

Rugigana yavuze ko Ecofleet Solutions izatangira imirimo mu kwezi gutaha, yitezweho igisubizo ku bibazo byagaragaraga mu gutwara abantu n’ibintu bikozwe n’abakorera.

Yagize ati: "Ubu rero Ecofleet freight mu nshingano zayo ni ugukora ubwikorezi rusange nk’ikigo cya Leta ariko ifatanyije n’abikorera. Mu kwezi gutaha izatangira gukora. Mu bintu bishyizwemo imbaraga ni uko bisi zizajya zigendera ku gihe."

Yongeyeho ko Umujyi wa Kigali ukomeje gukemura ikibazo kijyanye n’ibikorwaremezo kugira ngo urwego rwo gutwara abantu rurusheho kugenda neza, ari nabyo bizagabanya gukoresha moto n’ibindi binyabiziga bito.

Yagize ati:"Byose birangiye tuzaba dufite ubwikorezi rusange bwiza. Kandi niba dufite urwo rwego rukora neza, moto zizahita zigabanuka. Nta muntu uhitamo kugenda kuri moto, ayijyaho kuko yabuze ubundi buryo bwihuta."

Umujyi wa Kigali kugeza ubu hari ibigo 13 bitanga serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, ibyo bigo bikaba bifite bisi zirenga 450.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments