• Amakuru / MU-RWANDA


Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwafashe icyemezo ku rubanza ruregwamo Habiyaremye Zacharie wamenyekanye ku mazina ya Bishop Gafaranga rutegeka ko ahanishwa igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe usubitse.

Bivuze ko uyu mugabo waregwaga ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye ndetse no gukubita no gukomeretsa agomba guhita afungurwa kuko yaburanaga afunzwe.

Iyo umuntu ahanishijwe bene iki gifungo gisubitse ararekurwa agasubira mu buzima busanzwe icyakora akitwararika kutagira ikindi cyaha na kimwe agwamo kuko iyo bibayeho ibihano yari yarasubikiwe ahita afungwa akabikorera hamwe n’iby’ibyo byaha bishya aba afatiwe.

Icyakora nanone muri icyo gihe cyo kurangiza ibyo bihano hari ibintu bimwe na bimwe uwahanwe aba atemerewe birimo nko kuba yajya mu mahanga hakaniyongeraho ko uwo uhanwe bene iki gihano nawe mu mategeko afatwa nk’uwahamwe n’ibyaha bikamusaba ko akorerwa ihanagura busembwa.

Bishop Gafaranga yari ari muri gereza kuva ku wa 7 Gicurasi 2025 ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rwemeje ko rwamutaye muri yombi. Ku wa 22 Gicurasi 2025 ni bwo yari yaburanishijwe urubanza ku ifungwa n’Ifungurwa ry’agateganyo byaje no kurangira afunzwe by’agateganyo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments