Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Repubulika ya Senegal ategerejwe mu Rwanda mu
ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu, rugamije kurushaho gushimangira umubano
n’ubufatanye hagati ya Senegal n’u Rwanda mu nzego zitandukanye z’iterambere.
Yatumiwe na
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aho biteganyijwe ko uru
ruzinduko ruzatangira ku itariki ya 17 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2025, nyuma
akazakomereza urugendo rwe i Nairobi muri Kenya. Uru ruzinduko ruri mu byemezo
byafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 9 Ukwakira 2025, igaragaza ubushake
bw’u Rwanda mu gukomeza kwimakaza umubano n’ibihugu byo mu karere.
Ni urugendo
rwa mbere Perezida Bassirou Diomaye Faye agirira mu Rwanda, mu gihe Perezida
Kagame amaze kugirira Senegal uruzinduko rw’akazi inshuro ebyiri kuva Faye
yajyaho Perezida, bikerekana ubushuti n’icyizere gihari hagati y’aba bayobozi
bombi.
Mu ruzinduko
rwa Perezida Kagame i Dakar muri Gicurasi 2024, Abakuru b’Ibihugu byombi
baganiriye ku buryo bwo gukomeza ubufatanye mu nzego zirimo ubukerarugendo,
ubucuruzi n’imiyoborere myiza, ndetse banagaragaza icyerekezo cyo guteza imbere
ubufatanye bushingiye ku guhanga udushya no guteza imbere abaturage. Icyo gihe,
Perezida Faye n’Umunyamabanga wa Leta (Minisitiri w’Intebe) Ousmane Sonko,
bakiriye Perezida Kagame mu buryo bw’ubushuti n’icyubahiro.
Perezida
Kagame na mugenzi we wa Senegal kandi bakunze kugaragaza icyifuzo cyo gushakira
ibisubizo ibibazo bya Afurika mu buryo bwayo. Mu biganiro bagiranye muri
Gashyantare 2025, baganiriye ku bufatanye mu gukemura ibibazo by’umutekano
n’iterambere rirambye ku Mugabane.
Mu Kanama
2025, Perezida Kagame yongeye gusura Dakar aho yitabiriye Inama Nyafurika yiga
ku Ruhererekane rw’Ibiribwa, nyuma y’aho yifatanyije na Perezida Faye mu nama
yahuje abayobozi b’urubyiruko baturutse hirya no hino muri Afurika, biga ku
guhanga udushya mu buhinzi n’ibiribwa.
U Rwanda na
Senegal bifitanye umubano mwiza ushingiye ku masezerano atandukanye, arimo
ay’ubufatanye mu by’umuco yasinywe mu 1975, ay’ubutwererane rusange yo mu 2004,
ishyirwaho rya Komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w’ibihugu byombi
(2016), ndetse n’amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urwego rw’Igihugu
rw’Itangazamakuru (RBA) na Radio Télévision Sénégalaise (RTS).
Ambasade y’u
Rwanda muri Senegal yafunguwe mu 2011, kandi yizihije imyaka 10 ishinzwe mu
2021. Ubu, Abanyarwanda batuye muri Senegal barimo abanyeshuri, abakozi
n’abashoramari, bagira uruhare mu guteza imbere umubano n’ubukungu bw’ibihugu
byombi.
Uru
ruzinduko rwa Perezida Bassirou Diomaye Faye rwitezweho gukomeza gushimangira
ubufatanye bw’u Rwanda na Senegal, guteza imbere inzego z’ubukungu, uburezi,
ikoranabuhanga n’imiyoborere, ndetse no kongera icyizere ku rwego rwa Afurika
mu kwimakaza iterambere rishingiye ku kwigira.
Like This Post? Related Posts