U Rwanda rwamaze kwemeza amasezerano y’ubufatanye na Turikiya mu gukora intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare, bikaba bibonwa nk’intambwe ikomeye u Rwanda ruteye mu kubaka inganda z’Igihugu zishobora kwihaza mu bikoresho bya gisirikare.
Aya masezerano akubiyemo ubufatanye mu
gukora indege nto zitagira abapilote (drones), imbunda nto n’ibindi bikoresho
njyarugamba, no kubaka uruganda rugezweho mu Mujyi wa Kigali rwo
guteranyirizamo no gutunganya
intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.
Iyo ntambwe yitezweho kongerera ingufu
ingamba z’u Rwanda z’igihe kirekire zo kugabanya ibikoresho bya gisirikare
rwatumizaga mu mahanga, no kwihutisha iterambere ryo gukorera mu Rwanda intwaro
n’ibindi bikoresho bya gisirikare bigezweho.
Ingingo
z’ingenzi zigize amasezerano
Aya maseze ateganya ubufatanye mu
gutunganya no guteranya intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare, binyuze mu
ruganda ruzubakwa i Kigali ruteranya n’indege nto zitagira abapilote
zifashishwa mu gucunga umutekano.
Nanone kandi ibihugu byombi bizafatanya
mu gukora igice gitunganya imbunda nto n’izindi ntwaro zoroheje zifashishwa ku
rugamba.
Ikigo Nyafurika gikora ubusesenguzi ku
mutekano (ASA), gitangaza ko ibyo bigiye gufasha u Rwanda kuva ku gukoresha
ikoranabuhanga rigezweho mu gisirikare rukagera no ku kuritunganyiriza mu
Karere.
Muri ayo masezerano kandi harimo ingingo
igena ibijyanye no guhererakanya ikoranabuhanga rigezweho, aho Turikiya
yiyemeje gutanga ubumenyi bwo gukora no gukoresha ikoranabuhanga rya drones
n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, guhugura abenjenyeri n’abatekinisiye
b’Abanyarwanda, bikajyana no gushyigikira ibikorwa biramba byo gusigasira no
gukora izo ndege nto zitagira abapilote.
Izo ntambwe zizarushaho gufasha u Rwanda
mu rugendo rwo kwigira aho gukomeza kwishingikiriza ku ntawo rutumiza mu
mahanga.
Uretse ubumenyi n’ikoranabuhanga,
Turikiya yiyemeje no gufasha u Rwanda kongera ubushobozi bw’abakora mu nganda
zizubakwa i Kigali, ari na ko hahangwa imirimo mishya ya tekiniki, kongerera
imbaraga urugendo rwo kwimakaza Siyansi, Ikoranabuhanga, Ubukungu n’Imibare
(STEM) muri za kaminuza, no kurushaho gukorana mu kwagura ubucuruzi bw’umutungo
kamere wifashishwa na porogaramu za musasobwa.
Gukorera intwaro zigezweho mu Rwanda byitezweho gufasha Igihugu kugira ubwirinzi buhagije kandi bugifasha mwirwanaho mu bihe by’amage, kugabanya ibyuho by’intwaro zidahagije no kubaka imyiteguro ihagije yo guhangana n’igitutu cy’amahanga.