??Perezida w’u Burundi Evariste
Ndayishimiye yagiye muri muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aho yatumiwe na Perezida Trump
kuzakurikirana umuhango wo gusinya bwa
nyuma amasezerano hagati ya Perezida Paul Kagame na Perezida Antoine Felix
Tshisekedi.
Perezidansi y’u Burundi ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko Perezida Ndayishimiye kuri uyu wa Kabiri tariki 02/12/2025 yerekeje i Washington DC.
Ajyanyweyo no gukurikira
isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Congo Kinshasa n’u Rwanda, umuhango
uzaba tariki 04/12/2025.
Itariki yo gusinya
aya masezerano ntikiri ubwiru, kuko Umukozi ushinzwe itangazamakuru mu Biro bya
Perezida muri America, Karoline Leavitt yatangaje ko ku wa Kane, Perezida
Donald Trump azakira abakuru b’ibihugu icy’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi
ya Congo, mu isinywa ry’amasezerano y’amahoro, na “n’amasezerano y’ubukungu”.
Inyandiko bimwe mu binyamakuru bikomeye kw’isi bivuga mu buryo burambuye uko bimwe mu byemejwe mu masezerano byasinywe tariki 27 Kamena, 2025 byashyizwe mu bikorwa ku kigereranyo cya 36,8 % bivuze ko ingingo 70 ku 190, ari zo zagize icyo zikorwaho.
Muri iyo raporo yo mu kwezi gushize, harimo ko imirongo migari 30 yari yagaragajwe mu masezerano ko igomba gukorwaho kugira ngo amahoro aboneke, muri yo 19 ni yo yagize igikorwaho nabwo ku kigereranyo kiri hasi cyane 23,3% ni ukuvuga ingingo 70 ku ngingo 300.
Ku kibuga naho imirwano yarakomeje hagati y’ingabo za Congo n’inyeshyamba za AFC/M23 haba muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Like This Post? Related Posts