??Kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/12/25, Polisi
ikorera mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka yafashe umugabo witwa
Ndagijimana Felecien 45yrs, amaze kwiba moto Tvs 125 Plaque RE990T y'uwitwa
Nsengiyumva Severien 24yrs, yacunze uyu mumotari aparitse moto ku iguriro
(Alimentation) iherereye mu Mudugudu wa Rebero, Kagali ka Gako agiye kugura
icyo kurya nibwo uyu mujura yahise ayisunika arayitwara, umumotari asohotse
arayibura, ibi byabaye mu masaha ya saa tanu z’ijoro.
Nsengiyumva yahise
atabaza inzego z’umutekano, hatangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto, uyu
mujura yabonye inzego z’umutekano ari gusunika moto mu muhanda ayikubita hasi
ariruka nibwo bamwirutseho baramufata, akimara gufatwa yemeye ko moto
yarayibye.
Moto yasubijwe
ny’irayo, naho uwari uyubyibye afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Masaka.
Umuvugizi wa Polisi
mu mujyi wa Kigali CIP Wellars GAHONZIRE yatangaje ko Polisi yahagurukiye
abajura biba ibinyabiziga cyane cyane moto zibwa abamotari, anakangurira abamotari
kujya baparika ahantu hagaragara, hafite umutekano, kuko hari ubwo usanga
umumotari aparika moto aho abonye akigira mu zindi gahunda bityo bigaha icyuho
umujura ushaka kuyiba.
CIP Gahonzire yasabye
abamotari kujya bakorana n’inzego z’umutekano mu gutahura abanyabyaha cyane
cyane abajura, abacuruza ibiyobyabwenjye, ndetse n’abakora ibikorwa
bihungubanya umutekano n’ituza by’abaturage, abamotari kandi barasabwa kujya
bitondera bamwe mubo batwara kuko hari igihe usanga bamwe baba ari abajura cg
inkozi z’ibibi, ugize amakenga wahamagara Polisi cyangwa izindi nzego
z’umutekano zikabikurikirana.
CIP Gahonzire yagiriye inama abakora ubujura ko bashaka ibindi bakora kuko umwuga w'ubujura wo utazabahira inzego z'umutekano zireberera