• Imikino / HANDBALL

 

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo guhatanira imyanya mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera mu Rwanda kuva tariki 21 Mutarama 2026.

Ni umukino wo mu itsinda rya mbere ry’igikombe cya President’s Cup gikinwa n’amakipe atarageze muri 1/4 akajya guhatanira imyanya, wabereye muri BK Arena kuva saa munani z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, utangirana imbaraga ku mpande zombi byatumye igice cya mbere kirangira u Rwanda runganya na Zambia ibitego 17-17.

Bitandukanye n’igice cya mbere, mu gice kabiri u Rwanda rwashyizemo intera rutsindamo ibitego 17 mu gihe Zambia yo yatsinzemo ibitego icyenda byonyine, umukino ukarangira rutsinze ibitego 34-26 runatsinze umukino wa kabiri muri rusange mu itsinda ryo guhatanira imyanya, ibi bihugu byombi bihuriyemo na Gabon na Uganda.

Amakipe abiri ya mbere muri aya matsinda abiri ari gukina President’s Cup azahatanira hagati y’umwanya wa cyenda n’uwa 12, iya mbere mu itsinda rimwe ihura n’iya kabiri mu rindi tsinda mu gihe ebyiri za nyuma zihatanira kuva ku mwanya wa 13 kugeza ku ya 16 iya gatatu ihura n’iya kane.

 





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments