Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko nta buryo budasanzwe iteganya gukoresha mu gukura muri rigole y’i Nyamirambo umwe mu basambo ukirimo, nyuma y’uko mugenzi we yari ayinjiyemo we yamaze kuyivamo.
Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 4 Gashyantare
2026, ni bwo abantu babiri bakekwaho ubusambo bashikuje abaturage telefone
zigendanwa, bahita bihisha binjira muri rigole
iherereye mu murenge wa Nyamirambo, mu Mujyi wa Kigali.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP
Wellars Gahonzire, yatangaje ko kugeza kuri uyu wa 09 Gashyantare 2026, umwe
muri abo babiri yamaze kuvamo, mu gihe undi akirimo, kandi ko na we azisohokamo
ku bushake bwe.
Yagize ati: “Havuyemo
umwe hasigayemo undi. Uwo ukirimo na we azivanamo nk’uko mugenzi we yikuyemo.”
Abajijwe impamvu Polisi itifashisha
ubundi buryo bwo kumukuramo, nko koherezamo ibyuka biryana mu maso, CIP
Gahonzire yasobanuye ko ibyo bitari mu byo Polisi iteganya gukoresha.
Ati: “Ntabwo
twatera ibyuka biryana mu maso mu baturage. Ibyo byuka bikoreshwa ahantu
hihariye nko mu myigaragambyo, ariko ntibishobora guterwa mu ngo z’abaturage,
mu mashuri cyangwa mu rusisiro.”
Ku kibazo cyo kumenya niba Polisi
ifite icyizere ko uwo muntu akirimo, cyane cyane mu gihe imvura igwa amazi
akanyura muri iyo rigole, CIP Gahonzire yemeje ko akirimo kandi ko hari n’amayeri
yakoreshwaga n’abandi bantu kugira ngo akomeze kubaho yamaze kumenyekana
agahagarikwa.
Yagize ati: “Aracyahari.
Twamenye ko hari bagenzi babo babagaburiraga, ariko ayo mayeri yarahagaritswe.
Turacyategereje ko avamo.”
Kugeza ubu, ku munsi wa gatandatu,
Polisi ikomeje kohereza abapolisi basimburana aho iyo rigole itangirira, hafi ya Kiliziya ya
Mutagatifu Karoli Lwanga, mu gihe aho irangirira hepfo ya Kiliziya hagenzurwa
n’abakozi b’irondo ry’umwuga basimburana.
Bamwe mu baturage bavugaga ko amazi
y’imvura ashobora gutuma abo bantu basohoka, ariko hakaba hari n’imbogamizi
zishingiye ku miterere y’iyo rigole, kuko
inyura munsi ya kaburimbo no munsi ya Kiliziya, bigatuma kuyikuramo bigorana.
Ni mu gihe ku wa Gatanu tariki ya 06 Gashyantare 2026, umwe muri abo bakekwaho ubusambo yamaze gusohoka muri iyo rigole, ahita afatwa ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi.