Nyuma y’amezi abiri urubanza rw’umunyapolitike akaba n’umuyobozi w’ishyaka
ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya Tundu Lissu rusubitswe rwasubukuwe
kuri uyu wa mbere
Uyu
munyapolitiki akurikiranyweho icyaha cy’ubugambanyi, ashinjwa kuba yarateguye
mu ntangiriro za Mata inama ya politiki yamaganirwagamo ko gahunda y’amatora
“ifunze kandi itarangwamo ukuri.”
Mu
iburanisha, Tundu Lissu, ufite impamyabumenyi mu mategeko, yagaragaje uko
afungiwe, avuga ko abayobozi b’igororero bakurikirana mu buryo bunyuranyije
n’amategeko ibiganiro by’ibanga agirana n’abamwunganira mu mategeko.
Me
Rugemeleza Nshala, umwunganizi we, yagize ati: “Abacungagereza bumva ibyo
avugana n’abamwunganira byose. Byongeye kandi, abayobozi n’abanyamuryango
b’ishyaka Chadema ntibemerewe kongera kumusura muri gereza.”
Tundu Lissu
yafashwe ku wa 9 Mata 2025 ari kumwe n’abandi banyamuryango b’ishyaka Chadema,
akurikiranyweho ibyaha by’ubugambanyi no gutangaza amakuru atari yo. aramutse
ahamwe n’ibyaha, ashobora guhabwa igihano cy’urupfu.
John Heche,
visi-perezida wa Chadema, yavuze ati: “Mu ntangiriro, babwiye Lissu ko
batazamurekura keretse yemeye guhunga igihugu akajya i Burayi, ariko perezida
wacu yarabyanze. Yagaragaje ko atazigera yemera ikintu cyose cyamusaba kuva mu
gihugu. Bakoresheje uburyo bwinshi bwo kutugira igikoresho, harimo no kutwizeza
ubwiyunge, ariko ntituzabemerera na rimwe. Icyo dusaba ni uko Lissu arekurwa
nta yandi mananiza.”
Urubanza
rwasubitswe kugeza ku wa Gatatu tariki ya 11 Gashyantare, ubwo urukiko ruzafata
icyemezo ku mpamvu ziregura zatanzwe n’uregwa. Icyo cyemezo giteganyijwe kizaba
ingenzi cyane ku cyerekezo cy’uru rubanza ruvugwa cyane mu itangazamakuru.
Umuryango Amnesty International nawo wasabye ko Tundu Lissu arekurwa.
Like This Post? Related Posts