• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu gihe ukwezi gutagatifu kw’igisibo cya Ramadan guteganyijwe gutangira ku itariki ya 17 Gashyantare, abaturage bo mu mujyi wa Gedaraf, mu gihugu cya Sudani, bongeye kwibaza ku giciro cy’ibiribwa, cyane cyane ibikenerwa mu gutegura amafunguro y’ Iftar

Nubwo iki gihe kirangwa n’ubugiraneza, ukwiyegurira Imana n’ubufatanye mu baturage, hari abagaragaza impungenge z’uko bashobora kutazabona ubushobozi bwo kubona ibiribwa bihagije bitewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Mohamed Ibrahim Ahmed, umwe mu baturage ba Gedaraf, avuga ko ibiciro by’amatungo bizamuka cyane muri iki gihe cya Ramadan.

“Mu gihe cya Ramadan, ibiciro by’amatungo biriyongera cyane kuko abayagura baba biyongereye kurusha ayaboneka ku isoko, kandi abantu baba biyiriza ku manywa,”

Yakomeje agaragaza ko ibiciro biri ku masoko bikabije, agira ati:

“Ibiciro ku isoko biri hejuru cyane, birahenze. Intama imwe igura hagati ya 650 000 na 700 000 by’amapawundi ya Sudani [amadorari ya Amerika ari hagati ya 1 080 na 1 163],” akomeza abivuga.

Ku rundi ruhande, iki gihe cya Ramadan gifatwa nk’igihe cyiza cyane ku borozi b’amatungo bo muri Sudani, kuko ari bwo babona inyungu nyinshi bitewe n’uko isoko ryiyongera cyane. Ibi biterwa kandi n’uko amatungo ava no mu bindi bihugu bya Afurika, bigatuma aborozi bashishikarizwa kuyohereza mu mahanga.

Mohamed Gomaa, nyiri urwuri rwororerwamo amatungo, asobanura uko isoko rikora mu gace ka Shawak:

“Dufite amasoko abiri: ku wa Gatandatu no ku wa Kabiri. Ku wa Gatandatu twohereza mu Misiri ingamiya zigera kuri 250–300, naho ku wa Kabiri twohereza hagati ya 150 na 200. Isoko ni rinini kandi amafaranga azunguruka ari menshi,”

Nubwo bimeze bityo, hari bamwe mu baturage bagifite icyizere ko ibintu bishobora kuzagenda neza mu minsi iri imbere. Mohamed Othman, utuye Gedaraf, yavuze ko kugeza ubu ibiciro bitarazamuka cyane.

“Kugeza ubu, ibiciro biracyumvikana, nta zamuka rikabije rirabaho. N’iyo ryaba ribaye, ntabwo ryaba rikabije cyane. Turizera ko ibintu bizagenda neza mbere ya Ramadan. Ntituzi neza uko bizagenda, ariko uko igihugu gihagaze ubu ni heza kurusha mbere,”

Ibi bibaye mu gihe intambara yo muri Sudani imaze hafi imyaka itatu, bikaba ari Ramadan ya gatatu igihugu kigiye kwakira kiri muri ibi bihe bikomeye by’umutekano muke.

Kuva ku itariki ya 15 Mata 2023, abantu barenga miliyoni 8 bahungiye  imbere mu gihugu no mu mahanga, barimo abana barenga miliyoni 4, kubera ingaruka z’iyi ntambara ikomeje gusenya imibereho y’abaturage.

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments