• Amakuru / MU-RWANDA


Mu ijoro ryo kuwa 09 Gashyantare, mu kagali ka Kabeza ho muga centre ka Riziyeri hafatiwe moto yo mu bwoko bwa 125, ihene 1 ndetse n’inkoko 3 mu gihe abajura bo bahise basimbuka moto bariruka. Ubuyobozi  buvuga ko buri maso mu gihe bamwe mu barara irondo bagaragaza ko hari imbogamizi n’ibyifuzo bafite basaba ubuyobozi.

Ni abajura bivugwa ko bari baturutse mu murenge wa Mayange ahazwi nko muri Gitera bagana Riziyeri ari naho bafatiwe bagata ibyo bibye bakiruka.

Umwe mu Banyeronde ahamya muri ako gace bugarijwe n’ibisambo akavuga n’abo babacitse babikanze bakirukansa moto bibaviramo kugonga umukingo bariruka barabacika.

Aba banyerondo basaba inzego z’umutekano zisumbuyeho kubafasha gufata izo moto zigenda nijoro kuko akenshi usanga zihetse ibyibano.

Bwana Phocas ukuriye irondo ry’umwuga mu kagari ka Kabeza, ahamya ko mu mezi atatu bamaze batangiye irondo ry’umwuga, bakomeje gufata ingamba zikakaye zo guhangana n’abajura kandi zitanga umusaruro.

Abaturage bo muri Kabeza bahuriza ku kuba muri iyi minsi bugarijwe n’ubujura bw’amatungo ibintu bagaragaza ko hatagize igikorwa basubira ku muco mubi wo kurarana n’amatungo.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments