Uwashinze
kompanyi ya gisirikare ikorera ku giti cyayo Blackwater, Umunyamerika Erik
Prince, yohereje itsinda ry’ingabo ze zikoresha indege zitagira abapilote (drone)
gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gucunga
umujyi wa Uvira, nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’itangazamakuru Reuters kivuga ko
cyabikesheje amasoko atandukanye.
Mu kwezi
k’Ukuboza umwaka ushize, uwo mujyi wari wigaruriwe n’inyeshyamba nyuma
y’imirwano ikomeye, ibintu byafashwe nko gukoma mu nkokora umuhate w’amahoro wa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari ziherutse kuyobora isinywa ry’amasezerano
y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda.
Byaje kuba
ngombwa ko umutwe w’inyeshyamba za AFC/M23 uva muri uwo mujyi kubera igitutu
cy’amahanga, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nubwo M23
yatangaje ko yavuye muri Uvira, imirwano yakomeje kubera mu nkengero z’uyu
mujyi hagati y’izi nyeshyamba zivugwaho gushyigikirwa n’u Rwanda n’ingabo za
Leta ya Kinshasa zifashwa n’abarwanyi bazwi ku izina rya Wazalendo.
Umuvugizi wa
Erik Prince yanze kugira icyo abivugaho. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ndetse
n’umuvugizi w’ingabo muri ako karere na bo ntacyo batangaje ku busabe bwo
kugira icyo babivugaho.
Uyu
munyamuryango wa hafi wa Perezida Donald Trump, ari na we washinze Blackwater
(itagikora), yari yahawe akazi na Leta ya Kinshasa kugira ngo ayifashe gucunga
no gukusanya imisoro iva mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC.
Rimwe mu
masoko ya Reuters ryanze ko amazina yarwo atangazwa ku mpamvu z’umutekano,
rivuga ko abarwanyi ba Prince bafashije ingabo za Congo bakoresheje amadrone mu
mirwano bahanganyemo n’inyeshyamba za M23 mu nkengero za Uvira no mu misozi yo
mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Nubwo
bivugwa ko ingabo z’uyu Munyamerika zafashije ingabo zidasanzwe za RDC, hagati
mu mujyi wa Uvira nta mirwano yabayeho kugeza AFC/M23 ivuyeyo ku wa 17 Mutarama
2026.
Umwe mu
bayobozi bakuru yabwiye Reuters ko koherezwa kw’izi ngabo zikorera ku giti
cyazo byari bigamije gukumira ko inyeshyamba za AFC/M23 zisubira kwigarurira
uwo mujyi.
Irindi soko
rivuga ko itsinda rya Prince rishobora gukomeza koherezwa mu bice by’imirwano
igihe cyose Kinshasa yabibasaba.
Umuyobozi mu
rwego rushinzwe umutekano muri RDC yavuze ko koherezwa kw’abarwanyi ba Prince
muri Uvira byakozwe ku busabe bwa Kinshasa mu rwego rwo gushyigikira ingabo
z’igihugu.
Minisiteri
y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yatangaje ko nta masezerano ayo ari yo yose
yigeze igirana n’amasosiyete ya Prince.
Inkuru ivuga
kuri Erik Prince imaze iminsi ivugwa cyane, ndetse hanakwirakwira amakuru
ataremezwa yavugaga ko M23 yaba yaramufashe, ariko kugeza ubu nta ruhande na
rumwe rwigeze rubyemeza.
Mu
ntangiriro z’umwaka ushize, habaye imirwano ikomeye muri iyi ntambara yongeye
kubura mu mpera za 2021, bituma inyeshyamba za M23 zigarurira uduce twinshi two
mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, harimo n’imijyi mikuru
yazo, Goma na Bukavu.
Like This Post? Related Posts