Nibura abantu
28 bishwe abandi benshi barakomereka nyuma y’igitero cy’ indege zitagira
abapilote zizwi nka drone cyibasiye
isoko ryari ririmo abantu benshi mu gihugu cya Sudani, nk’uko byatangajwe
n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Iki gitero
cyabaye ku Cyumweru ku isoko rya Al-Safiya, hafi y’umujyi wa Sodari, muri leta
ya Kordofan-Nord. Umuryango witwa Emergency Lawyers, ukurikirana kandi
ugatangaza ihohoterwa rikorerwa abaturage kuva intambara yatangira muri Sudani,
wavuze ko drones nyinshi zateye ako gace mu gihe isoko ryari ryuzuye abantu.
Amakuru ya
mbere agaragaza ko isoko ryari ririmo urujya n’uruza rwinshi ubwo ibisasu
byagwaga. Uwo muryango uvuga ko mu bahitanywe n’iki gitero harimo abagore,
abana n’abasaza.
Umubare
w’abamaze kumenyekana ko bapfuye 28 ni uw’agateganyo, kuko bishoboka ko
wakwiyongera bitewe n’umubare munini w’abakomeretse.
Sudani imaze
hafi imyaka itatu mu ntambara ihanganishije ingabo za leta n’umutwe
w’inyeshyamba w’aba-paramilitaire bahanganye. Iyo ntambara imaze guhitana
ibihumbi by’abantu inateza ibibazo bikomeye by’ubutabazi ku baturage.
Kugeza ubu,
nta ruhande rwari rwahise ruvugwa ku mugaragaro ko ari rwo rwagabye iki gitero.