• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Umuhungu muto w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, ari kuburana mu rukiko rwo muri Afrique du Sud nyuma yo gushinjwa kurasa umukozi wo mu busitani iwe mu rugo mu gace gatuwe n’abakire mu majyaruguru ya Johannesburg mu kwezi gushize.

Ukurikiranwe n’ubutabera ni Bellarmine Chatunga Mugabe, bivugwa ko yarashe uwo mukozi wo mu busitani iwe mu rugo. Kugeza ubu impamvu y’icyo gikorwa ntiramenyekana neza.

Umuvugizi wa polisi, Koloneli Dimakatso Nevhuhulwi, yavuze ko iperereza rigikomeje.

Yavuze ko “Impamvu  y’icyo gikorwa cy’irasa itaramenyekana muri iki gihe, kandi iperereza rya polisi riracyakomeje,” ni ko Koloneli Nevhuhulwi yatangaje.

Bellarmine Chatunga Mugabe yafashe icyemezo cyo kureka gusaba kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate yemera kuburana , mu gihe urubanza rwe ruteganyijwe gusubukurwa ku wa 17 Werurwe 2026.

Umwunganizi we mu mategeko, Sinenhlanhla Mnguni, yavuze ko hakiri kare kugira ngo hatangazwe niba umukiriya we azemera icyaha cyangwa atazacyemera.

Yagize ati: “Turacyari mu ntangiriro z’uru rubanza. Biracyari kare kuvuga niba tuzemera icyaha cyangwa niba hazabaho ibiganiro n’ubushinjacyaha.”

Bellarmine Chatunga Mugabe ni umuhungu muto wa Robert Mugabe, wayoboye Zimbabwe imyaka 37 mbere yo gukurwa ku butegetsi mu kudeta ya gisirikare yabaye mu 2017.

We na mukuru we Robert Mugabe Jr, abana ba Mugabe na Grace Mugabe, bakunze kuba hagati ya Zimbabwe na Johannesburg, aho bakunze kuvugwa mu itangazamakuru kubera ibirori by’imyidagaduro bakunda gutegura.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments