Inama nshya y’ibiganiro hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo/M23 (AFC/M23), izatangira mu cyumweru gitaha, kuva ku wa 13-17 Mata 2026, mu Busuwisi.
Iyi nama yateguwe n’Amerika n’Igihugu cya Qatar, nk’uko raporo yo muri Mata 2026 yakozwe na Congo Research Group (CRG) na Center on International Cooperation (CIC) yo muri Kaminuza ya New York, ibivuga.
Uyu murimo w'ubuhuza usanzwe ukorerwa i Doha kandi ushinzwe gucunga amakimbirane hagati ya Kinshasa na AFC/M23, yimuriwe mu Busuwisi kubera intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mbere y’iyi nama igamije gukemura amakimbirane hagati y’impande zombi, AFC/M23 yemeje ko izitabira ibiganiro. Nk’uko umuvugizi wayo Lawrence Kanyuka yabitangaje.
Yagize ati"AFC/M23 iributsa umuhuza w’uru rwego rw’amahoro rwa Doha, ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bose, ko mu gihe itsinda ryacu riri mu nzira yo kujya mu Busuwisi kugira ngo ryitabire ibiganiro bishya, mu buryo bw’inshingano no mu rwego rwo gushaka igisubizo cy’amahoro, ubutegetsi bwa Kinshasa, bukurikije politiki y’ubugizi bwa nabi n’uburyo bwo kwagura intambara, bwategetse ingabo zabwo kugaba ibitero byateguwe mu bice bituwe n’abaturage benshi," nk’uko byatangajwe ku wa Kane, tariki 09 Mata 2026 kuri X.
Mu nama iheruka n’abadiplomate n’aba ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo muri RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, yagaragaje ko igihugu cyubahiriza gahunda ya Doha.
Yagize ati:"Turacyashyigikiye gahunda ya Doha. Tuzirikana ko ari muri iyi gahunda aho twizera ko tuzagira intambwe zigaragara hamwe na M23, kandi tukagira imyanzuro isobanutse hamwe n’ubushobozi bwo kugenzura niba iyo myanzuro yubahirijwe cyangwa itubahirijwe. Turacyakorana bya hafi n’abafatanyabikorwa bacu bo muri Qatar kugira ngo turebe uko iyi gahunda yakomeza kugenda neza, ndetse rimwe na rimwe dusubiremo imiterere yayo kugira ngo bishoboke."
Gusubukurwa kw’ibi biganiro birakorerwa mu gihe ibintu bihagaze nabi. Uburyo bw’amahoro bwa Doha, bwashyizweho ku itariki ya 15 Ugushyingo 2025 hagati ya M23 na guverinoma ya RDC, bwagejeje ku masezerano ku ngingo ebyiri gusa mu munani: uburyo bwo kugenzura ihagarikwa ry’intambara no guhana imfungwa. Ibibazo by’ingenzi, nk’ahazaza ha M23, gusubira kw’impunzu mu byazo no gucira imanza abakoze ibyaha, ntibyigeze bishyirwa mu bikorwa.
Ihagarikwa ry’intambara ryavuye muri aya masezerano ntiryakomeje. Ku itariki ya 01 Ukuboza 2025, M23 yongeye gutera mu Majyepfo y’uburengerazuba, igana Mwenga na Uvira. Ku itariki ya 10 Ukuboza, Uvira yafashwe n’abarwanyi ba M23. M23 kandi yitabiriye inama imwe gusa muri eshatu zateganyijwe mu buryo bwo kugenzura iyubahirizwa ry'amaseserano.
Guhera mu Ugushyingo 2025, nta nama y’ubuyobozi buhuriweho mu gucunga umutekano (JSCM) hagati ya Rwanda na RDC yabaye. Inama zari ziteganyijwe i Doha hagati ya M23 na guverinoma ya RDC nazo zarahagaze.
Ku itariki ya 17 na 18 Werurwe 2026, habaye inama z’imbere mu gihugu ndetse n’izihuza ibihugu bitatu hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, RDC na Rwanda i Washington, aho impande zose zumvikanye ku ngamba zo kugabanya amakimbirane.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo/M23 (AFC/M23) muri 2025, byashyize umukono ku ngamba zo kugenzura no gukurikirana ihagarikwa ry’intambara ariko kugeza ubu ntarashyirwa mu bikorwa.