Umutekano mu Ntara ya Tanganyika uri guteza impungenge zikomeye. Nk’uko bigaragazwa na raporo y’iperereza ryakozwe na komisiyo ishinzwe Ingabo n’Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko, bivugwa ko hari abasirikare ba Zambia baba barafashe imyanya mu bice bitandukanye biri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hafi y’umupaka uhuza ibi bihugu byombi.
Iyi raporo ivuga ko ubu buhari bw’izo
ngabo buteye inkeke, ndetse igaragaza ko hari ahantu hashobora kuba harafashwe
ku buryo butemewe. Abadepite bagaragaje ko hari ibibazo bikomeye mu mikorere
y’inzego z’umutekano, cyane cyane ku bijyanye no kurinda imipaka, bavuga ko
hakiri intege nke mu guhangana n’ibyago bituruka hanze.
Mu gihe hakomeje kugaragara
ubushyamirane ku mipaka n’intege nke imbere mu gihugu, abadepite barasaba
inzego zibishinzwe gufata ingamba zihuse zo kongera imbaraga mu kurinda
ubusugire bw’igihugu no kugarura ububasha bwa Leta muri ako karere.
Iyi komisiyo ishimangira ko hakenewe ivugurura ryihutirwa mu
nzego z’umutekano, hagamijwe kurinda ubusugire bw’igihugu no kurengera buri
gace k’ubutaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Like This Post? Related Posts