Impungenge ku mutekano w’ibiribwa ku Isi zirakomeje kwiyongera, nyuma y’uko inganda zikora ifumbire mvaruganda ziburiye ko intambara iri hagati ya Iran n’ibihugu biyihanganye na yo ishobora guteza ibura rikomeye ry’ibiribwa ku rwego mpuzamahanga.
Umuyobozi
Mukuru w’uruganda rukomeye ku Isi rukora ifumbire n’intungabihingwa, Yara
International, Svein Tore Holsether, yatangaje ko gufungwa kw’umuhora w’umuhora
wa Hormuz bishobora guhungabanya bikomeye urwego rw’ubuhinzi ku Isi.
Mu
kiganiro yagiranye na BBC, Holsether yavuze ko ibura ry’ifumbire mvaruganda
rishobora gutuma buri cyumweru ku Isi habura amafunguro angana na miliyari 10,
bitewe n’uko umusaruro w’ubuhinzi uzagabanuka cyane.
Yagize
ati: “Iyo ifumbire ibuze, umusaruro uragabanuka cyane. Ibi bishobora gutuma
tubura amafunguro miliyari 10 buri cyumweru.”
Ifumbire
irimo nitrogene iri mu bibazo bikomeye
Holsether
yasobanuye ko kuri ubu ifumbire ingana na toni miliyoni 500 ikorwa
hifashishijwe nitrogene itakibasha kugera ku masoko, kubera ihungabana
ry’ubwikorezi n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Yongeyeho
ko kudakoresha ifumbire irimo nitrogene bishobora gutuma umusaruro w’ubuhinzi
ugabanukaho hafi 50%, ibintu bishobora guteza ikibazo gikomeye cy’ibiribwa ku
Isi.
Umuryango
w’Abibumbye (ONU) uvuga ko hafi kimwe cya gatatu cy’ifumbire mvaruganda
ikoreshwa ku isi nk’ifumbire ya urée, potasse, amoniya (ammonia) na fosifate
(phosphates) isanzwe inyura mu muhora wa Hormuz.
Igiciro
cy’iyo fumbire cyazamutse ku kigero cya 80% kuva intambara y'Amerika na Israel
kuri Iran yatangira.
Holsether
yavuze ko gukomeza kw’iyo ntambara bishobora gutuma ibihugu bikize n’ibikennye
bihanganira ku biribwa ku buryo bukomeye.
Ibihugu
bikennye bishobora kwibasirwa cyane
Impuguke
zigaragaza ko ingaruka zikomeye zizigaragara cyane mu bihugu bikennye,
by’umwihariko ibyo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Aziya
y’Amajyepfo na Amerika y’Amajyepfo.
Ibi
bihugu bisanzwe bidakoresha inyongeramusaruro nyinshi mu buhinzi, bikaba
bishobora guhura n’ibura rikomeye ry’ibiribwa mu gihe ifumbire yakomeza kubura.
Ibiciro
bya peteroli byazamutse bikabije
Ibi
bibazo byiyongeraho izamuka rikabije ry’ibiciro bya peteroli ku isoko
mpuzamahanga, aho akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli bidatunganyije kari
hejuru ya $110, mu gihe mbere y’iyi ntambara kari hafi $70.
Abasesenguzi
bavuga ko niba iyi ntambara ikomeje gukaza umurego, ishobora guteza ikibazo
gikomeye cy’ibiribwa ku Isi, aho ibiribwa bishobora kubura cyangwa bikabahenda
cyane, bigateza ibibazo by’imibereho ku baturage benshi.