Perezida
Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, yatangaje
impinduka zikomeye muri guverinoma, aho yirukanye Minisitiri w’Imari
n’Igenamigambi ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo.
Itangazo
ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu rivuga ko Perezida Kiir yakuye
Salvatore Garang Mabiordit ku mwanya wa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi,
nyuma y’amezi atatu gusa awugiyeho, amusimbuza Kuol Daniel Ayulo.
Izi mpinduka
muri iyi Minisiteri zije mu gihe igihugu cyugarijwe n’ibibazo by’ubukungu
birimo izamuka rikabije ry’ibiciro n’ihungabana ry’imari ya Leta, nubwo
nta mpamvu yatanzwe yatumye yirukanwa.
Perezida
kandi yirukanye Gen. Paul Nang Majok ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za
Sudani y’Epfo (SSPDF), ashyiraho Gen. Santino Deng Wol nk’umusimbura we.
Iki cyemezo
kije gikurikira izindi mpinduka za hato na hato zimaze iminsi mu buyobozi
bukuru bw’igisirikare, dore ko uyu mwanya wagiye uhindurwaho abantu kenshi mu
mwaka ushize.
Kongera
guhabwa inshingano kwa Gen. Santino Deng Wol bishobora gutuma amahanga
n’imiryango itegamiye kuri Leta batangira gukurikiranira hafi iki cyemezo no
gushyira igitutu kuri salva Kiir .
Kuva ku wa 1
Nyakanga 2015, uyu mujenerali ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Akanama
k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (UN Security Council), hashingiwe ku
mwanzuro wa 2206 (2015).
Ibi bihano
byaturutse ku ruhare ashinjwa kuba yaragize mu bikorwa byongereye ubukana
bw’amakimbirane muri Sudani y’Epfo, bikabangamira n’ingamba zo gushaka
ubwiyunge mu gihugu.
Izi mpinduka
kandi zageze no mu zindi nzego , aho Clement Juma Mbugonvia yagizwe Minisitiri
w’Ubuhinzi n’umutekano w’ibiribwa.
Ni mu gihe
Mahjoub Biel Turuk, wahoze ari guverineri w’intara ya Jonglei yagizwe
Minisitiri wungirije ushinzwe imirimo, abakozi ba leta n’Iterambere. Uyu akaba
asimbuye kuri uyu nwanya Tabuley Daniel.
Like This Post? Related Posts