Perezida Yoweri Kaguta Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya karindwi y’imyaka itanu, izasoza mu 2031. Ayobora icyo gihugu kuva mu 1986.
Museveni w’imyaka 81
yatsinze amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026 ku majwi 7.946.772 ahwanye na
71,6% by’amajwi yose. Yatsinze abakandida umunani barimo Robert Kyagulanyi
Ssentamu uzwi nka Bobi Wine wo mu ishyaka National Unity Platform (NUP), na
Nathan Nandala Mafabi wo mu ishyaka Forum for Democratic Change (FDC).
Umuhango w’irahira rya Museveni witabiriwe n’abakuru b’ibihugu
na za Guverinoma bagera kuri 35, n’abaturage baturutse imihanda yose basaga
40.000 bahuriye kuri Kololo Ceremonial Grounds.
Mu bayobozi bitabiriye irahira rya Perezida Museveni barimo Perezida Salva Kiir Mayardit wa Repubulika ya Sudani y’Epfo na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. U Rwanda rwahagarariwe na Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva.