Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatanze ibihembo ku makipe yitwaye neza mu marushanwa atandukanye yabaye mu mwaka w’imikino wa 2025/26, aho APR FC ari yo yabonye amafaranga menshi kurusha andi yose, yinjiza miliyoni 115 Frw.
Mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 05 Kamena 2026, amakipe yahawe amafaranga akomoka ku musaruro yagezeho muri shampiyona, Igikombe cy’Amahoro, Super Cup n’Igikombe cy’Intwari.
APR FC yegukanye miliyoni 80 Frw nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona, ihabwa kandi miliyoni 20 Frw za Super Cup, miliyoni 12 Frw z’Igikombe cy’Amahoro ndetse na miliyoni 3 Frw z’umwanya wa kabiri mu Gikombe cy’Intwari. Ibi byatumye isoza umwaka ifite miliyoni 115 Frw z’ibihembo.
Ku mwanya wa kabiri haza Rayon Sports yahawe miliyoni 75 Frw. Iyi kipe yinjije miliyoni 60 Frw kubera umwanya wa kabiri muri shampiyona, ihabwa miliyoni 5 Frw mu Gikombe cy’Amahoro ndetse na miliyoni 10 Frw za Super Cup.
Mu mupira w’amaguru w’abagore, Rayon Sports Women FC ni yo yitwaye neza mu bihembo, yegukana miliyoni 54 Frw zirimo miliyoni 20 Frw za shampiyona, miliyoni 20 Frw za Super Cup, miliyoni 8 Frw z’Igikombe cy’Amahoro na miliyoni 6 Frw z’Igikombe cy’Intwari.
Kiyovu Sports yabaye iya gatatu mu cyiciro cya mbere ihabwa miliyoni 40 Frw, mu gihe Police FC yabaye iya kane yahawe miliyoni 30 Frw ziyongeraho miliyoni 6 Frw z’Igikombe cy’Intwari, igera kuri miliyoni 36 Frw.
Mu cyiciro cya kabiri, Sunrise FC yahawe miliyoni 25 Frw nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona, amafaranga angana n’aya Mukura Victory Sports yabaye iya gatanu mu cyiciro cya mbere.
Andi makipe yinjije amafaranga atari make harimo Marines FC, Unity FC na Police Women FC, buri imwe ihabwa miliyoni 20 Frw.
Bugesera FC na Etoile de l'Est FC byahawe miliyoni 15 Frw kuri buri kipe, mu gihe Intare FC na Indahangarwa WFC zahawe miliyoni 13 Frw buri imwe.
Sina Gérard FC yahawe miliyoni 11 Frw, naho Gakenke Ladies FC na Musanze FC bihabwa miliyoni 10 Frw buri imwe.
Ibi bihembo byagaragaje ubukaka bwa APR FC muri uyu mwaka w’imikino, aho yegukanye amarushanwa akomeye mu Rwanda bikayihesha kuyobora urutonde rw’amakipe yinjije amafaranga menshi yatanzwe na FERWAFA.
Like This Post? Related Posts