• Amakuru / MU-RWANDA

Ku wa 14 Kamena 2026, Lt Col Emmanuel Nsengiyumva  wo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) yasoje ku mugaragaro amasomo y’icyiciro cya Senior Command and Staff Course 2025/2026 mu Royal Jordanian Command and Staff College, ishuri rizwiho gutanga amahugurwa yisumbuye ku basirikare bakuru baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku isi.

Uyu muhango wabereye muri Jordanie wayobowe na Maj Gen Yousef Huneiti, Perezida w’Urwego rw’Abagaba Bakuru b’Ingabo za Jordanie. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi bakuru ba gisirikare, abadipolomate ndetse n’imiryango y’abarangije aya masomo.

Lt Col Emmanuel Nsengiyumva yari umwe mu banyeshuri basirikare barangije aya masomo nyuma y’igihe bamara bahugurwa ku masomo ajyanye n’imiyoborere ya gisirikare, igenamigambi ry’ibikorwa by’umutekano, ubuyobozi bw’ingabo, isesengura ry’ibibazo by’umutekano ku rwego rw’akarere n’isi, ndetse n’uburyo bwo kuyobora ibikorwa bya gisirikare mu bihe bitandukanye.

Aya masomo afatwa nk’ingenzi cyane mu rugendo rw’umusirikare kuko amutegura gufata inshingano zisumbuye mu buyobozi bw’ingabo.

Yibanda ku kongerera ubushobozi abasirikare bakuru mu gufata ibyemezo bikomeye, gutegura ibikorwa bya gisirikare, kuyobora imitwe y’ingabo no gukorana n’ibindi bihugu mu rwego rw’umutekano n’ubwugarizi.

Mu ijambo rye, Maj Gen Yousef Huneiti yashimiye abarangije amasomo ku murava n’ubwitange bagaragaje mu gihe cyose bamaze biga. Yabibukije ko ubumenyi bahawe bugomba kuzabafasha gukorera ibihugu byabo neza no kugira uruhare mu kubungabunga amahoro n’umutekano mu bice bitandukanye by’isi.

Yagaragaje kandi ko isi ikomeje guhura n’ibibazo bishya by’umutekano birimo iterabwoba, ibyaha byambukiranya imipaka, intambara zishingiye ku ikoranabuhanga ndetse n’ibibazo by’umutekano muke bikomeje kugaragara mu bice bitandukanye. Yavuze ko ari yo mpamvu hakenewe abayobozi bafite ubumenyi buhambaye kandi bashoboye guhangana n’izo mbogamizi.

Muri uwo muhango kandi, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Col Ephraim NGOGA, Attaché de Défense w’u Rwanda muri Jordanie, witabiriye uwo munsi w’ingenzi mu rwego rwo gushyigikira Lt Col Emmanuel Nsengiyumva no kwifatanya n’abandi banyeshuri barangije aya masomo.

Uruhare rwa Col Ngoga muri uwo muhango rwagaragaje umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Jordanie, cyane cyane mu nzego z’umutekano, amahugurwa ya gisirikare ndetse n’ubufatanye mu kubaka ubushobozi bw’abasirikare.

Ku Rwanda, kohereza abasirikare mu mashuri akomeye ya gisirikare ku rwego mpuzamahanga biri mu ngamba zo gukomeza kubaka igisirikare gifite ubunyamwuga, ubushobozi n’ubumenyi bujyanye n’igihe. Mu myaka yashize, abasirikare benshi b’u Rwanda bagiye bahabwa amahugurwa mu bihugu bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubwongereza, Misiri, Ubushinwa, Turukiya, Pakistan n’ahandi.

Aya mahugurwa afasha kandi RDF gukomeza kugira uruhare rugaragara mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi. U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifite umubare munini w’abasirikare n’abapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye n’indi miryango mpuzamahanga.

Kurangiza aya masomo kwa Lt Col Emmanuel Nsengiyumva ni indi ntambwe igaragaza umuhate w’Ingabo z’u Rwanda mu guteza imbere ubushobozi bw’abasirikare bazo no kubategura guhangana n’inshingano zitandukanye z’umutekano.

Ni intsinzi itari iye ku giti cye gusa, ahubwo ni ishema ku Ngabo z’u Rwanda ndetse no ku gihugu muri rusange.

Biteganyijwe ko ubumenyi n’ubunararibonye yungukiye muri Royal Jordanian Command and Staff College bizagira uruhare mu gukomeza guteza imbere imikorere ya RDF no kongera ubushobozi bwayo mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda no gutanga umusanzu mu kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga.

 





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments