• Ubuzima / IBYOREZO


Abakorerabushake b’Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge bashyinguye umwana w’amezi atandatu wari impfubyi, wapfuye azize icyorezo cya Ebola, mu muhango wakozwe hubahirizwa amabwiriza akomeye yo kwirinda ikwirakwira ry’iyo ndwara mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Uyu muhango wabereye mu mujyi wa Bunia ku wa Gatanu, mu gihe abashinzwe ubuzima bakomeje gutangaza impungenge ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira mu Ntara ya Ituri, ukwezi kumwe nyuma y’uko gitangajwe ku mugaragaro.

Amashusho yafashwe agaragaza abagize amakipe ya Croix-Rouge basukura imodoka zifashishijwe mu gutwara umurambo, bambara imyenda yabugenewe yo kwirinda ubwandu ndetse banategura isanduku y’umwana mbere yo kumujyana gushyingura. Nyuma bagaragaye bashyingura uwo mwana hakurikijwe amabwiriza akomeye yo gukumira ubwandu.

Alain Salama, umwe mu bakorerabushake bashinzwe isuku muri Croix-Rouge, yavuze ko buri gihe iyo bagiye gushyingura umuntu wishwe na Ebola baba bahura n’ibyago byinshi byo kwandura.

Yagize ati: “Iyo itsinda rigiye gukora umuhango wo gushyingura mu buryo bwizewe kandi bwubashye, rihura n’ubwandu bwinshi. Iyo bagarutse hano ku cyicaro, inshingano zanjye ni ugusukura neza imodoka yatwaye umurambo ndetse n’abagize itsinda bose.”

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Croix-Rouge, Alex Rock, yavuze ko urupfu rw’uyu mwana rugaragaza ingaruka zikomeye ziterwa no gutinda gutahura abanduye ndetse no gukwirakwira kw’icyorezo mu baturage.

Yagize ati: “Ntawakwirengagiza ibintu nk’ibi. Ni uruhinja rwari rufite ubuzima bwose imbere yarwo, ariko ruburizwamo n’indwara.”

Yakomeje ashimangira ko gutahura abanduye hakiri kare ari ingenzi cyane kugira ngo bashyirwe mu kato no guhagarika ikwirakwira ry’icyorezo.

Ati: “Iyo izi ngamba ziza gufatwa hakiri kare, birashoboka ko uyu mwana dushyingura uyu munsi atari kwandura.”

Alex Rock yongeyeho ko icyorezo cya Ebola kigihangayikishije cyane kuko kigikomeje kwibasira imiryango myinshi, asaba abaturage kujya bihutira kujya kwa muganga bakimara kubona ibimenyetso bya mbere by’indwara.

Yagize ati: “Iyi ndwara ntirimo gusubira inyuma. Iracyari mu baturage kandi ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku miryango. Abantu bagomba kujya bihutira kujya kwivuriza ku bigo byemewe bakibona ibimenyetso bya mbere.”

Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje iki cyorezo ku wa 15 Gicurasi 2026 nyuma y’uko ibizamini byo muri laboratwari byemeje ko virusi yo mu bwoko bwa Bundibugyo ari yo yagaragaye. Nyuma icyorezo cyaje no gukwira muri Uganda, bituma Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO) ritangaza Ebola nk’icyorezo gihangayikishije Isi ku wa 17 Gicurasi 2026.

Iki ni icyorezo cya 17 cya Ebola kibaye muri RDC kuva iyi virusi yaboneka bwa mbere mu mwaka wa 1976.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments