Polisi ya Tanzania yatangaje ko yafashe abantu bakekwaho kugira uruhare mu mugambi wo guteza imyigaragambyo itemewe n’amategeko no gukora ibikorwa by’urugomo, birimo no kugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma.
Ibi byatangajwe ku Cyumweru tariki ya 5 Nyakanga 2026 n’Umuvugizi
wa Polisi ya Tanzania, David Misime, ubwo
yavuganaga n’abanyamakuru mu Mujyi wa Dar es Salaam, ahazwi nka Sabasaba, mu
Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi.
Polisi
yavuze ko umutekano w’igihugu ukomeje kuba wizewe, ndetse ko inzego zishinzwe
umutekano zikomeje gukurikirana abantu bake bakekwaho gushaka guhungabanya
ituze rusange.
Misime
yavuze ko nubwo hari bake bakekwaho gutegura imyigaragambyo itemewe n’amategeko
no gukoresha imbuga nkoranyambaga bashishikariza urubyiruko gukora ibikorwa
by’urugomo, inzego z’umutekano ziri maso.
Yagize
ati: “Turizeza Abanya-Tanzania ko umutekano w’igihugu uhagaze neza. Inzego
z’umutekano ziri gukurikirana neza ibikorwa byose bishobora guhungabanya
amahoro n’umutekano.”
Polisi
ivuga ko iperereza ryagaragaje ko hari abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga
n’amatsinda yo kuri internet mu gukwirakwiza ibitekerezo bishishikariza
urugomo.
Bamwe
mu bakekwaho ibyo bikorwa bashinjwa kugerageza kugaba ibitero ku bayobozi ba
guverinoma, gusenya no kwangiza imitungo ya leta n’iy’abantu ku giti cyabo,
gutwika amashuri, ndetse no kugaba ibitero ku nzego z’umutekano hagamijwe
kubambura intwaro.
Polisi
yemeje ko bamwe mu bakekwaho ibyo bikorwa bamaze gutabwa muri yombi kugira ngo
bakorweho iperereza, nubwo itatangaje umubare wabo.
Misime
yasabye abaturage gukomeza imirimo yabo ya buri munsi nta bwoba, anabasaba
gutanga amakuru ashobora gufasha gukumira ibyaha.
Yasoje avuga ko Polisi yiyemeje kurinda abaturage no gukomeza
kubungabunga amahoro n’umutekano muri Tanzania.