Kuri uyu wa
Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda,
FERWAFA, ryashyize hanze ibiciro byo kwandikisha abakinnyi mu mwaka ugiye kuza
wa 2026/27 ku makipe azakina Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro
League.
FERWAFA
yavuze ko amafaranga yo kwandikisha umukinnyi w’umunyamahanga ari miliyoni 2
Frw naho umunyarwanda akaba ibihumbi 500 Frw, kwandikisha umutoza
w’umunyamahanga ni ibihumbi 500 Frw naho kwandikisha umutoza w’umunyarwanda ni
ibihumbi 100 Frw.
FERWAFA
yatangaje ko amatariki yo kwandikisha abakinnyi muri iyi mpeshyi ari ukuva
tariki 10 Kamena kugeza tariki 30 Kanama 2026 naho amatariki yo kwandikisha
abikinnyi muri Mutarama 2027 ari ukuva tariki 3 Mutarama 2027 kugeza tariki 31
Mutarama 2027.
Mu itangazo
FERWAFA yashyize hanze, yavuze ko abakinnyi bose bandikishwa bagomba kuba
bafite amasezerano yasinywe, ariho umukono wa noteri kandi yaramenyeshejwe
FERWAFA hakurikijwe amabwiriza abigenga.
Umukinnyi
wandikishwa agomba kuba yaratanze icyemezo cy’isuzuma ry’ubuzima (Medical
Examination Report) n’icyemezo cy’ubwishingizi bwo kwivuza (Medical insurance).
FERWAFA
yakomeje ivuga ko ikipe yemerewe gutizwa abakinnyi batarenze batandatu (6),
naho ikipe ikaba yemerewe gutiza abakinnyi batarenze batatu (3), kandi amasezerano
yo gutiza umukinnyi ntabwo yemerewe kurenga umwaka umwe (1).
Mu rwego rwo
kuzamura impano z’abakiri bato, FERWAFA yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona
y’u Rwanda ya 2026/27, ikipe igomba kugira nibura abakinnyi batatu (3) bari
munsi y’imyaka 21.