Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko byaba ari “ikosa rikomeye cyane” mu gihe Gianni Infantino yakurwa ku mwanya w’Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), bitewe n’igitutu kimaze iminsi kimushyirwaho.
Trump
yabivuze nyuma y’uko UEFA ihagarariye umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi,
CONCACAF ihagarariye Amerika y’Amajyaruguru, Amerika yo Hagati n’ibirwa bya
Karayibe, ndetse na AFC ihagarariye Aziya, zigaragaje impungenge ku micungire
ya Infantino ndetse zishinja ubuyobozi bwe gutakaza icyizere kubera umushinga
wa FIFA Forward Enterprise, wari ugamije gushora imari mu bucuruzi
bw’amarushanwa ya FIFA.
Uyu mushinga
wari ugamije gushyiraho sosiyete nshya yari kuzahabwa ububasha bwo gucunga no
gucuruza amatike y’amarushanwa ya FIFA, harimo n’Igikombe cy’Isi. Muri gahunda
yari yarateganyijwe, hafi 21% by’imigabane y’iyo sosiyete byari kugurishwa ku
bashoramari bigenga.
Trump yavuze
ko FIFA yaba ikoze ikosa rikomeye cyane mu gihe yaba itekereje gusimbuza
Infantino. Yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ashimangira ko Infantino ari
umuyobozi w’indashyikirwa kandi ko yagejeje ku rwego rwo hejuru imitunganyirize
y’Igikombe cy’Isi.
Trump yagize
ati: “FIFA yaba ikoze ikosa rikomeye
cyane mu gihe, ku mpamvu iyo ari yo yose, yaba itekereje gusimbuza Perezida
Gianni Infantino.” Yongeyeho ko Infantino ari umuyobozi wihariye kandi
ko aherutse kuyobora Igikombe cy’Isi cyagenze neza cyane.
Aya magambo
ya Trump ni ubwa mbere ashyigikiye ku mugaragaro Infantino kuva ku wa 28
Nyakanga, ubwo amakuru ajyanye n’umushinga wa FIFA Forward Enterprise
yatangiraga kumenyekana cyane no guteza impaka.
Infantino
afitanye umubano wa hafi na Donald Trump. Mu Ukuboza 2025, Perezida wa FIFA
yahaye Trump igihembo cya FIFA cy’Amahoro, FIFA Peace Prize, cyari gitanzwe ku
nshuro ya mbere mu mateka y’iri shyirahamwe.
Ku wa 31
Nyakanga, ubwo Trump yavugaga ku nshuro ya mbere ku mushinga wa FIFA Forward
Enterprise, yavuze ko atari yaraganiriye na Infantino kuri uwo mushinga.
Muri uwo
mushinga, kompanyi yo muri Amerika yitwa Thrive Capital, yashinzwe na Joshua
Kushner, yari ifite uruhare mu kuyobora itsinda ry’abashoramari bari biteguye
gushyira amafaranga muri uwo mushinga. Joshua Kushner ni murumuna wa Jared
Kushner, wahoze ari umujyanama mukuru wa Donald Trump akaba n’umukwe we.
Iyi nkuru
ikomeje gukurura impaka ku bijyanye n’imiyoborere n’ubucuruzi muri FIFA, cyane
cyane ku buryo umutungo n’uburenganzira bwo gucuruza amarushanwa akomeye
y’umupira w’amaguru byacungwa mu gihe kiri imbere.
Kugeza ubu, Infantino aracyari ku buyobozi bwa FIFA, ariko impaka zijyanye n’umushinga wa FIFA Forward Enterprise zatumye imiryango imwe n’imwe y’umupira w’amaguru igaragaza impungenge ku cyerekezo cy’imiyoborere y’iri shyirahamwe.
Perezida Trump avuga ko gukura Gianni Infantino ku buyobozi bwa FIFA byaba ari “ikosa rikomeye cyane”