• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuraperi Shizzo Afropapi yongeye guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gukoresha amagambo akomeye avuga ku bafana ba Rayon Sports, mu gihe umugore we Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yari amaze amasaha make abasaba imbabazi.

 Shizzo Afropapi abinyujije kuri konti ye ya Instagram yavuze ko hari abafana benshi ba Rayon Sports abona nk’amadage ndetse n’injiji'.

 Yagize ati: “Abafana ba Rayon Sports benshi muri amadage ahetse andi madage, uretse kuba mutari abasirimu muri injiji.”

 Aya magambo aje nyuma y'amasaha make Tessy asabye imbabazi abafana ba Rayon Sports kubera amagambo yavugiye mu kiganiro cya ‘This&That’ gikorerwa kuri YouTube ye, aho yari yavuze ko abafana b’iyi kipe ari “abaturage” bituma bamwe bamunenga.

 Nyuma yo kotswa igitutu n'abakoreaha imbuga nkoranyambaga, Tessy yaje kwandikira abafana ba Rayon Sports ibaruwa ifunguye abasaba imbabazi kandi asobanura ko atari agamije kubasuzugura.

 Yavuze ko amagambo yakoresheje mu kiganiro yagiranye na Naissa Cynthia atari agamije kurema ubushyamirane hagati ye na Rayon Sports, abakinnyi bayo, ubuyobozi cyangwa abafana bayo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments