Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ko yasubikirwa urubanza kugira ngo we n’umwunganizi we mu mategeko, babone umwanya uhagije wo gushaka ibimenyetso ku byaha akekwaho.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 26 Kanama 2026, ni bwo Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yagejejwe imbere y’Ubutabera aburana ifungurwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Saa Tanu n’iminota 28 z’amanywa, ni bwo Perezida w’Iburanisha mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yahamagaye Shema n’umwunganzi we.
Perezida w’Iburanisha, yavuze imyirondoro ya Perezida wa FERWAFA, abisoje avuga ibyaha bibiri uyu Muyobozi akekwaho.
Yavuze ko akekwaho gutanga sheki itazigamiye no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Fabrice n’umwunganizi we mu mategeko, bahawe umwanya ngo bagire icyo bavuga ku byaha byavuzwe.
Umwunganizi wa Shema yafashe ijambo, maze asaba ko umukiriya we yasubikirwa urubanza kuko batabonye umwanya uhagije wo gutegura dosiye kandi hari ibimenyetso bakeneye ku byaha Shema akekwaho.
Perezida w’Iburanisha yahaye ijambo uregwa amubaza niba nawe ari ko abyumva, maze avuga ko nawe asaba gusubikirwa urubanza.
Ubushinjacyaha bwasabye ijambo buvuga ko iminsi 10 Shema amaze acumbikiwe na RIB, ihagije ku kuba we n’umwunganizi we mu mategeko yakabaye yarabonye umwanya uhagije wo gushaka ibimenyetso kuri dosiye ye.
Umwunganizi wa Shema yasabye ijambo avuga ko dosiye umukiriya we aregwaho, harimo n’abantu batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagomba kugira ibimenyetso batanga byunganira Fabrice.
Perezida w’Iburanisha, yavuze bidakwiye ko umuntu asubira gucumbikirwa na RIB kuri ibi byaha akekwaho, bityo ko baza kuburana nyuma yo kuburanisha abandi 10 bari kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Ubushinjacyaha bwasabye ijambo, buvuga ko Perezida w’Iburanisha yatanga isaha yo kuri uyu munsi, maze Shema n’umwunganizi we mu mategeko bahabwa gushaka ibyo bimenyetso kugeza Saa Munani z’amanywa mu gihe Ubushinjacyaha bwahawe isaha imwe yo kubisuzuma, maze urubanza ruze kuba Saa Cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Gatatu.