• Amakuru / MU-RWANDA

 

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yihanganishije mugenzi wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, nyuma y’urupfu rw’umugabo we Hafidh Ameir Hassan, witabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Nzeri 2026.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yavuze ko yifatanyije na Perezida Samia, umuryango we ndetse n’abaturage ba Tanzania muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.

Perezida Kagame yagize ati:

“Ndi n’akababaro gakomeye ko kugeza ku mushiki wanjye, Perezida SuluhuSamia, umuryango we ndetse n’Abanya-Tanzania, ubutumwa bw’akababaro kenshi nyuma y’urupfu rwa Nyakubahwa Hafidh Ameir Hassan.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda bari kumwe na Perezida Samia n’Abanya-Tanzania, mu gihe bari gusezera kuri Hafidh Ameir no guha agaciro ubuzima n’umurage yasize.

Hafidh Ameir Hassan, wari umugabo wa Perezida Samia Suluhu Hassan akaba na First Gentleman wa Tanzania, yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa Mbere.

Visi Perezida wa Tanzania, Deogratius Ndejembi, ni we watangaje urupfu rwe, avuga ko Hafidh yapfuye ahagana saa 8:00 za mu gitondo, ari mu bitaro bya Emilio Mzena Memorial Hospital i Zanzibar, aho yari arimo kuvurirwa ikibazo cy’umutima.

Visi Perezida Ndejembi yihanganishije Perezida Samia, umuryango we, inshuti n’abavandimwe ndetse n’Abanya-Tanzania bose nyuma y’iyi nkuru ibabaje.

Perezida Samia Suluhu Hassan na Hafidh Ameir Hassan bari bamaze imyaka myinshi babana. Bashyingiranywe mu 1978, bakaba barabyaranye abana bane, barimo abahungu batatu n’umukobwa umwe.)

Hafidh yari azwiho kuba umuntu utajya agaragara cyane mu ruhando rwa politiki cyangwa mu itangazamakuru, nubwo kuba yari umugabo wa Perezida byatumye aba umugabo  wa mbere mu mateka ya Tanzania kuva Samia Suluhu Hassan aba Perezida mu 2021.

U Rwanda si rwo rwonyine rwihanganishije Perezida Samia n’umuryango we.

Perezida wa Kenya, William Ruto, na we yavuze ko yakiriye urupfu rwa Hafidh Ameir Hassan afite agahinda gakomeye. Yavuze ko Perezida Samia yatakaje umuntu bari bamaze igihe kirekire babana, abana babo bagatakaza umubyeyi wabo, naho Tanzania igatakaza umwana wayo w’ingenzi.

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, na we yatanze ubutumwa bw’akababaro, avuga ko u Burundi buhagaze ku ruhande rwa Tanzania muri ibi bihe bikomeye.

N’umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mahmoud Ali Youssouf, yatanze ubutumwa bw’akababaro kuri Perezida Samia, umuryango we ndetse n’Abanya-Tanzania, abasabira gukomera no guhumurizwa muri ibi bihe.

Amakuru yatangajwe na Visi Perezida Ndejembi avuga ko imyiteguro yo kumushyingura yari yatangiye gukorerwa i Kizimkazi muri Zanzibar, aho Hafidh Ameir ateganyijwe gushyingurwa.

Urupfu rwa Hafidh rubaye mu gihe Perezida Samia akomeje kuyobora Tanzania. Yabaye Perezida wa mbere w’umugore mu mateka y’icyo gihugu ubwo yasimburaga nyakwigendera John Pombe Magufuli muri Werurwe 2021.

Nyakubahwa Hafidh Ameir Hassan.Imana imuhe iruhuko ridashira, kandi ikomeze Perezida Samia, abana babo n’umuryango wose muri ibi bihe by’akababaro. 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments