Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, mu ruzinduko rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi no kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Perezida Kagame yageze i Salalah ku wa 7 Nzeri 2026, atangira uruzinduko
ruzageza ku wa 8 Nzeri, nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro,
byabitangaje.
Yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, akaba ari ubwa mbere Perezida
Kagame agiriye uruzinduko muri Oman.
Muri uru ruzinduko, Perezida
Kagame na Sultan Haitham bin Tariq biteganyijwe ko bagirana ibiganiro bigamije
gusuzuma no gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Oman.
Ibiganiro bizibanda kandi ku
gushaka andi mahirwe y’ubufatanye mu nzego zitandukanye, mu rwego rwo guteza
imbere inyungu z’ibihugu byombi.
Uru ruzinduko kandi ruzaba umwanya
wo kongera kwemeza ubushake bw’u Rwanda na Oman bwo gukomeza guteza imbere
umubano n’ubufatanye, aho biteganyijwe ko hazasinywa amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko,
Perezida Kagame azasura Ingoro Ndangamurage y’Ubutaka bw’Imibavu,
iherereye muri Al Baleed Archaeological Park,
ahantu h’amateka hasanzwe ari mu murage w’isi.
Iyi ngoro igaragaza amateka
n’ubutunzi bw’ibyataburuwe mu matongo, umurage w’akarere ka Dhofar ndetse
n’uruhare ubucuruzi bw’imibavu bwagize mu bukungu n’imibereho y’abaturage bo
muri ako karere.
Hari kandi igice cyihariye
cyerekana amateka y’ubwato bwa Oman n’uruhare rw’ubucuruzi bwo mu nyanja mu
mateka y’iki gihugu.
Perezida Kagame kandi azasura Razat, isambu y’ibwami ifite ubuso burenga hegitari
1,000, ikaba ari imwe mu nzego zifite uruhare mu guteza imbere ubuhinzi mu
Ntara ya Dhofar.
Razat kandi ifatwa nk’ahantu
hafite uruhare mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi, mu kwigisha no mu
kwakira abashyitsi.
Mu rwego rwo guha icyubahiro
Umukuru w’u Rwanda, Sultan Haitham bin Tariq azakira Perezida Kagame n’intumwa
ayoboye ku meza y’umugoroba.
By’umwihariko, Sultan Haitham
azasangira na Perezida Kagame ifunguro rya saa sita muri Al-Mamurah Palace, mu rwego rwo kumwakira no kumwereka
icyubahiro.
Uru ruzinduko ruje mu gihe u
Rwanda na Oman bikomeje gushaka uburyo bwo kurushaho guteza imbere umubano
n’ubufatanye hagati yabyo.
Rufatwa kandi nk’amahirwe yo gufungura imiryango mishya
y’ubufatanye, cyane cyane mu nzego zishobora gutanga umusaruro ku bukungu
n’imibanire y’ibihugu byombi.