Abantu
barenga 2,000 bamaze guhungira muri Djibouti bavuye muri Yemen, nyuma y’uko
umutwe w’Abahouthi ufashe umujyi w’icyambu n’ikirwa biri mu gace ka Bab
el-Mandeb.
Umuryango
Mpuzamahanga ushinzwe Abimukira (OIM) watangaje ko ubwiyongere bw’imirwano
bwatumye abaturage benshi bahunga, mu gihe hari impungenge ko intambara
y’abenegihugu muri Yemen ishobora kongera kubura, nyuma y’uko agahenge kariho
kuva mu 2022 gashubijwe inyuma.
Bamwe mu
bahunze bavuga ko bahunze mu buryo butunguranye kubera ibisasu n’amasasu.
Hussein Haydara, ukomoka i Hodeidah, yavuze ko ari ubwa kabiri ahunga, ariko
kuri iyi nshuro akaba atarabashije gutegura urugendo cyangwa gutwara byinshi,
uretse abana n’ibintu bike by’ibanze.
Leta ya
Djibouti yatangaje ko iri gutanga ubufasha bwihutirwa ku bahungiye muri iki
gihugu. Abahouthi, bashyigikiwe na Iran, ubu bari ku birometero hafi 32 uvuye
ku kigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kiri muri Djibouti,
hakurya y’umuyoboro wa Bab el-Mandeb.
OIM kandi
yatangaje ko abantu barenga 85,000 bamaze kuva mu byabo kuva mu ntangiriro
z’uku kwezi, kubera umutekano muke n’imirwano ikomeje muri Yemen.