Abantu 49
bitabye Imana mu gihe abandi bagera ku
ijana bari kuvurirwa mu majyepfo ya Nigeria, nyuma yo kunywa ikinyobwa gisindisha gikozwe mu bimera kandi gikorwa
n’abaturage bo muri ako gace.
Abaturage
bavuga ko icyo kinyobwa kizwi ku izina rya “Monkey Trail” gikekwa kuba kirimo methanol,
umuti w’ubumara ushobora guteza uburozi bukomeye, ndetse bikaba bikekwa ko ari
wo waba ufite uruhare muri iki kibazo cy’uburwayi n’impfu.
Umwe mu
barokotse iki kibazo, Gbenga Oluwaseun, ufite imyaka 32, yavuze ko yatangiye
kugira ibimenyetso bikomeye mu masaha y’ijoro.
Yagize ati: “Nari
maze gukuramo inkweto ndaryama ku gitanda. Ahagana saa munani z’ijoro,
natangiye kumva umutima wanjye utera cyane. Nahamagaye umuntu umwe cyangwa
babiri. Nagerageje gukomanga ku rugi kugira ngo abantu bari mu rugo baze
kumfasha. Ibyo ni byo nzi ko nakoze. Ndetse n’igihe bajyanaga kwa muganga, nari
namaze gutakaza ubwenge. Ibyo ni byo nshobora kuvuga kuri icyo cyabaye.”
Umuyobozi
ushinzwe ubuzima muri Leta ya Ondo, Banji Ajaka, yavuze ko abantu bafite
ibimenyetso by’ubu burwayi bagaragaye mu turere twa Odigbo na Irele.
Yatangaje ko
muri rusange abantu 182 ari bo bamaze kugira ikibazo, nubwo iperereza ku cyaba
cyarabiteye rigikomeje.
Umucuruzi
ucuruza iki kinyobwa mu gace ka Odigbo yavuze ko hari ubwoko butandukanye
bw’iki kinyobwa, ariko ko hari ubwoko bumwe abaturage bafata nk’ubushobora
guteza akaga.
Kunywa
inzoga zikorerwa mu buryo bwa gakondo cyangwa mu ngo birasanzwe muri Nigeria,
igihugu gituwe n’abantu benshi muri Afurika. Izo nzoga zikoreshwa cyane cyane
mu bice by’icyaro, aho usanga zigurishwa ku giciro gito ugereranyije
n’izikorerwa mu nganda.
Anthony
Fashua, umuyobozi w’ubuvuzi mu bitaro bya Life Care, yavuze ko benshi mu
bagezweho n’iki kibazo ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 30 na 40.
Yasobanuye
ko bamwe mu barwayi iyo bamaze kugarura ubwenge, abaganga babasangana ibindi
bibazo by’ubuzima byari bisanzwe bihari.
Yagize ati:“Abantu
benshi bagizweho ingaruka ni urubyiruko ruri hagati y’imyaka 30 na 40. Iyo
bagarura ubwenge tukabasuzuma, dusanga bamwe bafite ibindi bibazo by’ubuzima.
Urugero, bamwe baba bafite virusi ya Hepatite B, mu gihe abandi baba basanzwe
bafite ibibazo by’imikorere y’ingingo mbere yo kunywa iki kinyobwa, bikaza
kongera ibyago byo kwandura uburozi buterwa na methanol.”
Kugeza ubu, inzego
z’ubuyobozi muri Nigeria ntiziremeza ku mugaragaro ko “Monkey Trail” ari yo
yateye ubu burozi n’impfu. Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane neza
icyateye abantu benshi kurwara ndetse n’impamvu bamwe muri bo bapfuye.
Itangazamakuru
ryo muri Nigeria rivuga ko urupfu rwa mbere rwagaragajwe hashize hafi ibyumweru
bibiri, mbere y’uko umubare w’abarwaye n’abapfuye ukomeza kwiyongera.
Hagati aho, Ikigo
cy’igihugu cya Nigeria gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti (NAFDAC) gikomeje
gushyira mu bikorwa itegeko ribuza kugurisha inzoga zipfunyitse mu dusashe
cyangwa mu tuntu duto twa pulasitiki.
Iki kigo
kivuga ko ubu buryo bwo gupfunyikamo inzoga butuma zibasha kugera ku bana
n’urubyiruko mu buryo bworoshye, bityo bikaba bishobora kongera ikoreshwa
ry’inzoga mu bantu bakiri bato.
Abayobozi
bakomeje gukurikirana iki kibazo, mu gihe hakomeje gukorwa isuzuma ry’ibinyobwa
byakekwaho kuba bifite methanol ndetse n’iperereza ku mpamvu y’uruhererekane
rw’impfu n’uburwayi bwagaragaye mu bice bya Ondo.
Like This Post? Related Posts