Ati" Abaturage tuyoboye banyotewe cyane n'uyu mushinga cyane ko abahatuye biganjemo urubyiruko barifuza ko wihutishwa kugirango babone akazi ikindi kandi ni inaha hazaba ari ahantu hitezweho kumenyekanisha Kigali byu mwihariko umurenge wa Kinyinya ku ruhando mpuzamahanga".
Mu bitekerezo byatanzwe n'abaturage, hagiye humvikanamo abifuza ko mu gihe uyu mushinga utaratangira gushyirwa mu bikorwa Leta ikwiye kubaha ibyangombwa byo kubaka ibibanza n'ubutaka bwabo noneho watangira bakubahiriza amabwiriza.
Umuyobozi Mukuru wa Green City Kigali, Basil Karimba yatangarije BTN ko inzego zitandukanye zizagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iki gishushanyo mbonera, bityo ngo kugitangaho ibitekerezo ni ingenzi cyane ikndi nuko batagamije kwambura abaturage ibyabo.
Yagize ati" " Sitwe Twenyine nka Green City Kigali tuzagira uruhare muri uyu mushinga kuko hazaba ho ubufatanye hagati y’inzego za Leta, abafatanyabikorwa mu iterambere, inzego z’abikorera, n’abaturage ba Kinyinya, bose rero bazagira uruhare runini mu gushyira mu bikorwa neza iki cyerekezo niyo mpamvu ntamuturage ukwiye kugira impungenge bitewe nuko ntawe uzamburwa ibyo yagohokeye".
Iki gishushanyo mbonera gifite ubuso bungana na hegitari 600, cyateguwe kugira ngo gihuzwe n’intego zihariye z’umushinga zirimo iterambere n’imibereho ihendutse, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, gukoresha neza umutungo ndetse n’iterambere ry’umujyi rijyanye n’umuco.
Uyu mushinga wa Green City Kigali uzakorera mu tugari tubiri tw'umurenge wa Kinyinya, aho uzabarizwa mu midugudu ine igize akagari ka Murama no mu midugudu ibiri igize akagari ka Gasharu.,
Wibanze cyane cyane ku ngaruka z’imihandagurikire y’ibihe mu mijyi yihuta mu iterambere, hanitabwa ku mabwiriza agenga ishyirwaho ry’umujyi urengera ibidukikije.