Mu
gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Minisiteri y’Ubuzima
yatangaje ko umurwayi wa nyuma wari waranduye icyorezo cya Ebola yakize
burundu, bikaba bisobanuye ko icyorezo cyari kimaze igihe gicunzwe neza kiri
hafi gusozwa.
Ibi
byatangajwe kuri iki cyumweru n’inzego z’ubuzima, nyuma y’uko ibizamini byemeje
ko nta kindi kigaragaza virusi ya Ebola gisigaye mu mubiri w’uwo murwayi. Ni
intambwe ikomeye mu rugamba rwo guhashya iki cyorezo cyigeze guhitana abantu
benshi mu gihugu, cyane cyane mu ntara zo mu burasirazuba.
Abategetsi
b’Ubuzima bavuze ko ubu bagiye gukomeza igihe cy’iminsi 42 y’igenzura, kugira
ngo barebe niba nta bindi bimenyetso bishya byagaragara, nk’uko amabwiriza
mpuzamahanga y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO)
abiteganya.
Iki
cyorezo cya Ebola cyari cyongeye kugaragara muri RDC mu mezi ashize, ariko
cyagenzuwe vuba biturutse ku bufatanye bwa leta, inzego z’ubuzima z’imbere mu
gihugu n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.
Ebola
ni indwara yandura cyane ibarirwa mu zifite ubukana bukabije, aho ishobora
guhitana abarwayi hagati ya 50 na 70 ku ijana. Kugeza ubu, RDC ni kimwe mu
bihugu byagaragaje ubunararibonye mu kuyihashya, binyuze mu gukingira no
gukurikirana abahuye n’abanduye.
Abaturage
n’inzego z’ubuzima bakomeje gushishikarizwa gukomeza gukurikiza ingamba z’isuku
n’ubwirinzi, kugira ngo iriya virusi itongera kugaruka.
Like This Post? Related Posts